Ruhango: Abakora uburaya mu ihurizo ryo kwandikisha abana badafite ba se - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Itegeko riteganya ko umwana wese wavutse atarenza iminsi 30 atari yandikwa mu gitabo cy’irangamimerere. Kuri ubu hatangijwe ikoranabuhanga rituma umwana yandikirwa kwa muganga akivurwa.

Nubwo itegeko ritaganya ibi, abakora uburaya bo mu ka Karere ka Ruhango bo babwiye TV1 ko hari bamwe muri bo bafite abana batari bandikisha mu irangamimerere kubera ko iyo bagiye kubandikisha babatuma ba se kandi baba batabazi.

Umwe yagize ati “ Nk’ubu mbyaye abana batandatu, njya kwandikisha umwana ku murenge bakambwira ngo nzane umugabo kandi ntawe ngira, nk’ubwo icyo kintu mwakagombye kukituvugira bakatwandikira abana.”

Yakomeje ati“ Natangiye kubyara mfite imyaka 15 ubu mfite imyaka 26 n’abana batandatu ,uwa mbere nzi se n’uwa kabiri ariko abandi ndacyeka.”

Abakora uburaya muri aka Karere ka Ruhango, bemeza ko abana babo batandikwa mu bitabo by’irangamimerere bishobora kubagiraho ingaruka mu minsi iri imbere zirimo n’izo kudakora ibizamini bya Leta.

Ati “abana bariga kandi umwana ntiyajya gukora ikizamini cya Leta atari mu gitabo cy’iragamimerere.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens yavuze ko umwana wese afite uburenganzira bwo kwandika mu bitabo by’irangamimerere niyo ababyeyi be baba badahari.

Ati “Ubundi ikibazo kijyanye no kwandika abana bavutse turagira ngo twibutse n’Abanya-Ruhango n’Abanyarwanda muri rusange ko ari uburenganzira bw’umwana wese, uwo ng’uwo biba biri amahire kuko nyina aba ahari, kujya kumwandikisha ku murenge abakozi bacu twabakanguriye kubandika.’

Yakomeje ashimangira ko kwandika umwana mu gitabo cy’irangamimerere ari uburenganzira bwe anasaba abafite ikibazo cy’uko abanababo batanditswe babagana bakabafasha.




source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ruhango-abakora-uburaya-mu-ihurizo-ryo-kubatuma-ba-se-b-abana-ntabo-bazi
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)