Ikipe ya Rayon Sports biteganyijwe ko uyu munsi ikina umukino wa gishuti na Alpha FC yo mu cyiciro cya 2, ni mu rwego rwo kwitegura shampiyona iri mu kwezi gutaha mu gihe Alpha irimo kwitegura imikino ya kamarampka y'icyiciro cya 2 ishaka kuzamuka mu cya mbere.
Ni umukino uteganyijwe uyu munsi ku wa Gatandatu tariki ya 7 Ugushyingo 2020, ukaba uri bubere ku kibuga cyo mu Nzove aho iyi kipe ikorera imyitozo.
Ni umukino wa gishuti igiye gukina nyuma y'iminsi 5 itangiye imyitozo dore ko yinjiye mu mwiherero ku wa 1 Ugushyingo itangira imyitozo ku wa 2 Ugushyingo 2020.
Iyi kipe ikaba yemeje ko ikina uyu mukino ni mu butumwa yanyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter aho bawise umukino w'imyitozo.
CLUB UPDATE
Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 07/11/2020 ku kibuga Cy'imyitozo cya #rayonskol training center hateganijwe umukino w'imyitozo uzahuza #Gikundiro na #AlphaFC yo mu kiciro cya kabiri saa 15h00.#WeAreGikundiro💙🤍 pic.twitter.com/InZU25AGmX
â" Official Rayon Sports (@rayon_sports) November 6, 2020
Rayon Sports irakina uyu mukino wa gishuti idafite kapiteni wayo Rugwiro Herve ndetse n'umunyezamu Kwizera Olivier bari mu ikipe y'igihugu irimo kwitegura cape Verde.
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rayon-sports-irakina-umukino-wa-gishuti-uyu-munsi