Ibi ni ibikubiye mu itangazo rigenewe abbanyamakuru ryasohotse kuri uyu wa 2/10/202o ryashyizweho umukono n'Umuvugizi w'Urwego rw'Umuvunyi, Nkurunziza Jean Pierre, aho iri tangazi rivuga ko uru Rwego rw'Umuvunyi ku bufatanye n'Urwego rw'ubugenzacyaha (RIB), ndetse na Polisi y'igihugu, hafatiwe mu cyuho uwitwa MPFIZI Bonaventure, Umukozi Ushinzwe Iyandikisha ry'Ubutaka mu Ntara y' Iburasirazuba arimo yakira indonke y'amafaranga angana n'ibihumbi Magana abiri (200 000 Frw).
Uru rwego ruvuga ko uyu mugabo yafashwe hashingingiwe ku itegeko rigena ububasha n'imikorere by'Urwego rw'Umuvunyi, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 11 iruha ububasha bwo kugenza icyaha.
Ubusanzwe, icyaha cyo kwaka indonke kugira ngo hakorwe ikinyuranyije n'amategeko, cyangwa ntihakorwe icyagombaga gukorwa, gihanishwa ingingo ya kane y'itegeko ryerekeye kurwanya ruswa.
Iki cyaha nikiramuka kimuhamye, azahanishwa gufungwa igihano kitari munsi y'imyaka itanu ariko kitarengeje imyaka irindwi n'ihazabu y'amafaranga y' u Rwanda yikubye kuva ku nshuro eshatu kugera ku nshuro eshanu z'agaciro k'indonke yakiriye cyangwa yatse.
Urwego rw'Umuvunyi rushishikariza Abaturarwanda kurwanya ruswa kandi bagatanga amakuru y'aho bayikeka ku gihe, kugira ngo ikumirwe, kuko ari kimwe mu bidindiza ubukungu bw'igihugu.

Source : https://www.imirasire.rw/?Urwego-rw-Umuvunyi-rwafashe-umukozi-w-Intara-y-Uburasirazuba-yakira-ruswa