Ikipe ya Liverpool bayikubise akayabo kibitego #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ikipe ya Liverpool yandagajwe bikomeye na Aston villa mu mukino w'umunsi wa 04 wa Premier League,iyitsinda ibitego 7-2 ku kibuga cya Villa Park cya Aston Villa

Liverpool yaherukaga gutsinda biyoroheye ikipe ya Arsenal ibitego 3-1 ,none yahawe isomo rya ruhago na Aston villa yayitsinze ibitego 7-2.

Aston villa niyo yafunguye amazamu aho ku munota 04 w'umukino ibifashijwemo na Ollie Watkins waje gutsinda ibindi 2 ku munota wa 22 n'uwa 39 w'umukino bituma aba umukinnyi wa 10 utsinze Liverpool ibitego 3 mu mateka.

Igice cya mbere cyarangiye Aston Villa itsinze ibitego 4-1 cyane ko yayitsindiye ikindi gitego ku munota wa 35 mu gihe Mohamed Salah yatsindiye Liverpool igitego cya mbere ku munota wa 33 w'umukino.

Liverpool yahabwaga amahirwe yo kwishyura ibi bitego yahuye n'akaga gakomeye ku munota wa 55 ubwo Ross Barkley batiye muri Chelsea yatsindaga igitego cya 5.

Ku munota wa 66,Icyizere cya Liverpool cyayoyotse ubwo Kapiteni Jack Grealish yashyiragamo ibindi bitego 2 ku munota wa 66 n'uwa 75.

Suyu mukino wabaye gusa kuko hari n' undi wari utegerejwe n' abenshi n' umukino watangiye saa kumi n'imwe n'igice, wahuzaga ikipe ya Tottenham Hotspurs aho yanyagiye Manchester United ibitego 6-1, uyu mukino ukaba wabonetsemo ikarita itukura ku munota wa 28 ikaba yeretswe rutahizamu Anthony Martial. 

Ku rundi ruhande,Arsenal yaherukaga gutsindwa na Liverpool ibitego 3-1,yatsinze bigoye Sheffield United ibitego 2-1 bya Bukayo Saka na Nicolas Pepe biyifasha kuzuza amanota 09.Westham yatsinze Leicester City ibitego 3-0 kuri iki cyumweru.

Mo Salah na Roberto Firmino byabagoye kwiyakira

Virgil van Dijk agahinda kari kamwishe



Abakinnyi ba Aston Villa binshimye karahava



Source : https://impanuro.rw/2020/10/04/ikipe-ya-liverpool-bayikubise-akayabo-kibitego/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)