Abakirisitu baguye mu kantu , nyuma yo kubona Umupadiri ari guceza mu gihe cyo gutura igitambo cya misa #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umupadiri witwa Henry Katana afite uburyo bwe bwihariye butuma abakirisitu bishimira kumva misa yasomwe na we. Ubusanzwe, umu padiri afatwa nk'umuntu w'Imana, gusa kuri iyi nshuro noneho yateye abakirisitu be kujya mu rujijo no kugwa mu kantu bikomeye.

Aha ni nyuma y'uko uyu mu padiri yagaragaye mu kiriziya ari guceza bikomeye ahagaze kuri aritari.

Uyu mu padiri ngo mu mbyino  nziza cyane, yatunguye abakirisitu ndetse n'abandi bantu bose bumvise iyi nkuru. Uyu mu padiri wo muri Kenya, ngo kuri we iyo yishimye agomba kubigaragaza mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Uyu mu padiri ubarizwa muri paruwasi ya Mutagatifu Barnabas,  ngo mu busanzwe azwiho kuba ari n'umunyarwenya ukomeye, ngo kuko asusurutsa igitambo cya misa ngo ku buryo abakirisitu baje muri iyo misa bataha batabishaka rwose.

Urebye kuri videwo y'uwo mu padiri yasakaye, uyu mu padiri yagaragaje ko ibikorwa bye bitazibagirana. Mu gihe  yarimo kubyina, ngo uyu mu padiri yagaragaye abyinisha ibice bye byose by'umubiri we.

Muri iyo Videwo yasesekaye ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, ngo uwo mu padiri yari yiyambariye ikanzu ye yabugenewe, imwe yambara agiye gutura igitambo cya misa, yambaye n'inkweto ze za sandari, ubundi rwose ngo arabyina karahava.



Source : https://impanuro.rw/2020/10/01/abakirisitu-baguye-mu-kantu-nyuma-yo-kubona-umupadiri-ari-guceza-mu-gihe-cyo-gutura-igitambo-cya-misa/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)