Uwahoze ari umutoza wa Rayon Sports, Ivan Jacky Minnaert yandikiye FERWAFA ayibutsa ko iminsi 60 batanze kugira ngo iyi kipe ibe yamaze kumwishyura nta kintu na kimwe yakoze, bityo ko bakwiye gushyira mu bikorwa icyemezo cy'akanama gashinzwe gukemura amakimbirane ka FERWAFA.
Ku munsi w'ejo ku wa 31 Nyakanga 2020 ni bwo igihe cy'inyongera kingana n'iminsi 60 FERWAFA yahaye Rayon Sports ngo ibe yamaze kwishyura umwenda bafitiye umutoza Ivan Minnaert ungana na miliyoni 13 836 Frw kubera kumwirukana binyuranyije n'amategeko cyarangiye.
Binyuze muri Me. Mulindahabi Olivier wunganira Ivan Minnaert bahise bandikirye FERWAFA bayibemenyesha ko ntarengwa batanze yageze kandi nta kintu na kimwe Rayon Sports yigeze ikora kuko muri iyi minsi bakiriye amafaranga angana na 0.
Nk'uko bigaragara mu ibaruwa ISIMBI yabonye yohererejwe FERWAFA hifashishijwe uburyo bwa Email, Me Mulindahabi Olivier wunganira Ivan Minnaert yibukije FERWAFA ko iminsi bahaye Rayon Sports yarangaiye.
Yakomeje avuga ko ubwo umuhesha w'inkiko, Me Ntirushwa Ange Diogène, yasabaga gufatira asaga miliyoni 14 Frw Rayon Sports izagenerwa na FIFA cyangwa CAF kugira ngo hishyurwe Ivan Minnaert.
Bamusubije ko batakora iryo kosa kuko igihe bahaye iyi kipe cyo kuba yishyuye kitararangira. Akomeza avuga ko ubu noneho ubwo igihe cyarangiye kandi iyi kipe ikaba itarashyura hakwiye gushyirwa mu bikorwa icyemezo cya komisiyo ishinzwe imyitwarire ya FERWAFA nk'uko biri mu mategeko nshingiro ya FERWAFA ingingo ya 59.
Aho bavuze ko iyi kipe nitishyura izafatirwa ibihano birimo gukurwaho amanota, kutandikisha cyangwa se kubagura.
Rayon Sports iheruka guhabwa miliyoni 14 Frw muri miliyoni 28 Frw buri kipe yagenewe na FERWAFA ku nkunga yatanzwe na FIFA mu bihe bya COVID-19, ariko amakuru avuga ko aya mafaranga iyi kipe yayemereye abakinnyi baberewemo ibirarane by'imishahara.
Tariki ya 27 Mata 2018, Ivan Jacky Minnaert yasinye amasezerano y'imyaka 2 atoza ikipe ya Rayon Sports, tariki ya 20 Nyakanga 2018 yaje guhabwa ibaruwa imusezera ku mirimo ye.
Ivan Jacky Minnaert akaba yaraje guhita arega iyi kipe ayishinja kumwirukana binyuranyije n'amategeko, maze muri Kamena 2019 akanama gashinzwe gukemura amakimbirane ka FERWAFA kanzuye ko iyi kipe igomba kwishyura uyu mutoza 35,535 by'amadorali y'Amerika, ni ukuvuga 32,514,525 z'amafaranga y'u Rwanda.
Nyuma yaho Rayon Sports yaje kujuriria uyu mwanzuro maze mu Kuboza 2019 Komisiyo y'Ubujujirire mu Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yemeje ko Rayon Sports igomba kwishyura uwahoze ari umutoza wayo, Umubilgi Iva Minnaert, miliyoni 13.56 Frw.
source http://isimbi.rw/siporo/ivan-minnaert-yibukije-ferwafa-ko-ntarengwa-yatanze-yageze