Meddie Kagere yananiwe gukuraho agahigo yashyizeho nk'uko yari yabyiyemeje #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Rutahizamu w'umunyarwanda Meddie Kagere yananiwe gukuraho agahigo yishyiriyeho ko kurenza ibitego 23 yatsinze umwaka ushize, ibitego bitaratsindwa n'undi mwataka muri shampiyona ya Tanzania imyaka 10 ishize.

Ku munsi w'ejo ni bwo shampiyona ya Tanzania yasozwaga, Simba SC ya Meddie Kagere yanegukanye igikombe cya shampiyona, yakinaga na Polisi Tanzania iyitsinda ibitego 2-1, ibitego byose bya Simba SC byatsinzwe na kapiteni w'iyi kipe, John Raphael Bocco.

Meddie wabanje ku ntebe y'abasimbura, ntiyagize amahirwe yo gutsinda ibitego ngo abe yakuraho agahigo yishyiriyeho nk'uko yari yabyiyemeje, asoje afite ibitego 21 ayoboye abandi, ni mu gihe umwaka ushize yari yatsinze 23 yifuzaga kurenza.

Uyu rutahizamu akaba yari yatangiye shampiyona afite intego yo kuba yakuraho aka gahigo dore ko n'ubundi ari we ugafite wenyine muri iyi shampiyona ko kugeza ibitego 23 mu mwaka umwe mu myaka 10 ishize.

Icyo gihe yagize ati“nishimira gutsinda, nkunda gukora ibyo ku mpamvu z'ikipe yanjye. Nimbona umwanya wo gutsinda nzatsinda ibitego kuko mfite intego yo kwibona natsinze ibitego biri hejuru y'ibyo natsinze umwaka ushize.”

Meddie Kagere umwaka ushize w'imikino wa 2018-2019, wari umwaka we wa mbere mu ikipe ya Simba SC, ni umwaka wari uhagije kugira ngo uyu mukinnyi akureho uduhigo tw'abandi ba rutahizamu bashyizeho mu mwaka 10 yari itambutse, aho ari we wahise uba umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri shampiyona ya Tanzania muri iyo myaka itambutse.

Abandi bakinnyi batsinze ibitego byinshi ni Amiss Tambwe wakiniraga Young Africans watsinze 21 umwaka w'imikino wa 2015/2016 na Emmanuel Okwi, umugande wakiniraga Simba SC yatsinze ibitego 20 mu mwaka w'imikino wa 2017/2018.

Gukuraho agahigo yashyizeho byanze


source http://isimbi.rw/siporo/article/meddie-kagere-yananiwe-gukuraho-agahigo-yashyizeho-nk-uko-yari-yabyiyemeje
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)