
Dr Kayumba wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda yafatiwe ku kibuga cy’indege i Kanombe mu minsi ishize akurikiranyweho ibyaha birimo gusinda ku mugaragaro, ibyaha bikorerwa ku kibuga cy’indege no gukoresha imbaraga cyangwa gukangisha gukoresha imbaraga ku kibuga cy’indege.