Umunyabigwi mu mukino wa Basketball y'u Rwanda, Mugabe Aristide yasezeye gukina uyu mukino yari amaze imyaka 18 akina.
Mugabe Aristide wakiniye amakipe arimo Patriots BBC, Espoir BBC, Kepler BBC tutanibagiwe n'ikipe y'Igihugu yanabereye kapiteni igihe kinini, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Gashyantare 2026 ni bwo yatangaje ko yasezeye gukina uyu mukino burundu.
Ni mu butumwa yanyuije ku mbuga nkoranyambaga ze aho yashimiye Imana n'abantu babanye na we muri icyo gihe cyose.
Ati 'Nyuma y'imyaka 18, ndabamenyesha ko nsezeye gukina umukino wa Basketball. Ndashimira Imana. Nishimira cyane byimazeyo abantu bose bagize uruhare mu rugendo rwanjye. Umuryango wanjye n'inshuti, abatoza bose, abo twakinanaga, abo twahanganye mu kibuga, abafana n'ubuyobozi bw'amakipe. Murakoze cyane. Uwanyu, Kapiteni.'
Urugendo rwe rwo gukina Basketball yaruhereye muri Rusizi BBC kuva 2007-09, yahise yerekeza mu ikipe ya Espoir BBC yamazemo imyaka 6 kuko yayikiniye kuva 2009-2015 ari nabwo yahitaga yerekeza muri Patriots BBC yakiniye imyaka 8, yagize uruhare rukomeye mu bikombe iyi kipe yagiye yegukana, batandukanye 2023 yerekeza muri Kepler aho yari umutoza anakina (Player Coach).
Aristide Mugabe w'imyaka 38, yavukiye Maraba mu Ntara y'Amagepfo ubu ni mu Karere ka Huye, yakiniye ikipe y'Igihugu imyaka 11 aho yayisezeyemo 2021.
Muri 2014 Mugabe Aristide yabonye Impamyabumenyi y'Icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu icunga mutungo (Bachelor's Degree in Finance) yakuye muri UNILAK, yakoreye Banki ya Kigali.
Source : http://isimbi.rw/nyuma-y-imyaka-18-mugabe-aristide-yasezeye-gukina.html