Nyuma yo kutanyurwa n'umusaruro w'umutoza mukuru wa Rayon Sports, Rayon Sports irimo gushaka uburyo bushoboka bwose ngo ibe yatandukana na Bruno Ferry.
Uyu mutoza w'umufaransa akaba yarageze muri Rayon Sports mu Kuboza 2025 aho yasinye amezi 6 ari umutoza mukuru wa Gikundiro.
Bruno waje asimbura Afhamia Lotfi wirukanwe mu Ukwakira 2025, amakuru ISIMBI yamenye ni uko ubuyobozi butishimiye umusaruro bigendanye n'abakinnyi afite.
Bivugwa ko hari abakinnyi akinisha yanze gukura mu kibuga bo babona nubwo ari we wabaguze batakabaye bakina, kuko nk'ubuyobozi ntibwumva uburyo umukinnyi nka Yannick Bangala ajya mu kibuga Likau Faustin Kitoko akicara, ukuntu umukinnyi nka Youssou Diagne atajya akinishwa n'ibindi, akaba yaragiriwe inama ariko akaba yaranze kumva.
Iyi kipe yifuza kuba yakwegukana igikombe cya Shampiyona, ngo ishobora gukomeza kurebera ikazisanga yabuze intama n'ibyuma.
Bruno Ferry umaze amezi 3, bivugwa ko ubuyobozi burimo gushaka amafaranga ku buryo bahita bamwishyura amezi 3 asigaye bakaba batandukana.
Amahirwe menshi ni uko aka karuhuko kagiye gufatwa kubera ikipe y'igihugu igiye kujya mu mikino ya FIFA Series gashobora kuzarangira atakiri umutoza wa Rayon Sports.
Mu musaruro mbumbe (amarushanwa yose) amaze gutoza Rayon Sports imikino 16 aho yatsinzemo 6 anganya 7 atsindwa 3.
Muri shampiyona ari ku mwanya wa 4 n'amanota 38 ku rutonde ruyobowe na APR FC n'amanota 46.
Source : http://isimbi.rw/rayon-sports-mu-nzira-zo-gutandukana-n-umutoza-bruno-ferry.html