Nyuma yo gutsinda REG VC amaseti 3-1, Police VC nayo yo mu Rwanda yageze ku mukino wa nyuma w'imikino Nyafurika, iba ikipe ya mbere yo mu Rwanda ibigezeho.
Mu Rwanda hamaze iminsi habera irushanwa rya CAVB Men's Club Championship aho rishyirwaho akadomo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Gicurasi 2026.
Ni irushanwa umukino wa nyuma ugomba guhuza Police VC yo mu Rwanda yasezereye REG VC nayo mu Rwanda na Al Ahly yo mu Misiri yasezereye Petrojet Sporting nayo yo muri Misiri.
Umukino wa 1/2 wahuje Police VC na REG VC, wari witezwe na benshi, Police VC yayoboye iseti ya mbere kugeza iyitsinze n'amanota 25-20.
Abasore b'ikipe y'ikigo gishinzwe gukwirakwiza ingufu z'amashanyarazi, bagarukanye imbaraga mu iseti ya kabiri ndetse banayegukana batsinze Police VC amanota 25-22.
Police VC yahise itsinda andi maseti abiri akurikiyeho amanota 25-17 na 25-21 iyisezerera ku maseti 3-1.
Police VC yanditse amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda igeze ku mukino wa nyuma w'imikino Nyafurika muri Volleyball, izahura ku mukino wa nyuma na Al Ahly VC yasezereye Petrojet iyitsinze amaseti 3-0.
Police VC ikaba ikuyeho agahigo ka Gisagara VC yo muri 2022 yegukanye umwanya wa 3.
Source : http://isimbi.rw/police-vc-yanditse-amateka-igera-ku-mukino-wa-nyuma-w-imikino-nyafurika.html