Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Byahishuwe ko Leta y'u Burundi yateguye kandi itanga imyitozo, kandi iyobora abagabye igitero cy'abitwaje intwaro cyatwaye ubuzima bw'abasivili 14 mu Karere ka Musanze mu Ukwakira 2019, abandi benshi bagakomereka.

Ibi bigaragara muri raporo y'ibanga yakozwe n'urwego rw'ubutasi rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Gashyantare 2019, isobanura birambuye ibikorwa by'ihuriro ry'imitwe yitwaje intwaro rya 'P5' ryashinzwe kugira ngo rikureho ubutegetsi bw'u Rwanda.

Iyi nyandiko ivuga ko iri huriro ryari rigizwe n'imitwe irimo RNC iyobowe na Kayumba Nyamwasa wahoze mu Ngabo z'u Rwanda, FDU-Inkingi yayobowe na Victoire Ingabire Umuhoza, CNRD-FLN ya Paul Rusesabagina, RUD-Urunana ya Nshimiyimana Cassien na FDLR iyobowe na Byiringiro Victor.

Icyo gihe Leta ya RDC yemeje ko Leta y'u Burundi yatoreje abarwanyi b'iri huriro mu kigo cya gisirikare cyari mu gace ka Bijabo, Gurupoma ya Balala-Sud, Segiteri ya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi, Intara ya Kivu y'Amajyepfo.

Mu ijoro ryo ku wa 22 Mutarama 2019, abarwanyi ba FDLR barenga 1500 bavuye muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y'Amajyaruguru, berekeza mu gace ka Shanje muri Lowa-Numbi muri Sheferi ya Buhavu, kugira ngo bihuze n'abandi bo muri P5 iyobowe na Nyamwasa.

Iyi raporo igaragaza ko iri huriro ryashakaga gushyira ibirindiro mu Burundi, maze rigatera u Rwanda, rishyigikiwe mu buryo bw'ibikoresho na Leta y'u Burundi icyo gihe yayoborwaga na Pierre Nkurunziza, ikaba ari na yo ihuza ibikorwa byaryo.

Ambasaderi Agricole Ntirampeba icyo gihe wari Umujyanama wa Perezida Nkurunziza, ni we wari ushinzwe guhuza ibikorwa bya FDLR mu Karere. Bigaragara ko yari ashinzwe gufasha imitwe ya P5 gukorana kugira ngo bigire ubushobozi bwo guhungabanya umutekano w'u Rwanda no gukuraho ubutegetsi bwarwo.

Muri Ukwakira 2019, abagera kuri 67 baturutse mu mitwe yitwaje intwaro ifitanye isano na P5, cyane cyane RUD-Urunana, binjiye mu Rwanda banyuze muri Pariki y'Ibirunga, ahaherera mu Murenge wa Kinigi, hafi y'urubibi rw'Igihugu na RDC.

Nk'uko imibare ya Leta y'u Rwanda ibigaragaza, abo bagizi ba nabi bishe abaturage 14, bakomeretsa abandi babarirwa mu magana. Inzu n'ubucuruzi byarasahuwe, amaduka arangizwa, ibiribwa birasahurwa.

Inzego z'umutekano z'u Rwanda zatangije ibikorwa byo guhiga aba bagizi ba nabi, zica bamwe abandi zirabafata.

Abafashwe bagejejwe mu Rukiko rwa Gisirikare i Kigali. Ubushinjacyaha bwabashinje ibyaha birimo kuba mu mutwe w'ingabo utemewe, kugerageza gushoza intambara hagamijwe guhirika ubutegetsi n'iterabwoba.

Ubufatanye bw'u Burundi na FDLR

Ubufatanye bw'u Burundi na FDLR bumaze igihe kirekire. Raporo zerekana ko iki gihugu cyahaye icumbi abagize uyu mutwe w'iterabwoba kandi ko bimwe mu bikorwa by'ubucuruzi byawo bikorerwa muri iki gihugu.

Bivugwa ko Ambasaderi w'u Burundi i Kinshasa, Agricole Ntirampeba, yafashije mu koroshya itumanaho hagati ya Perezida Félix Tshisekedi na FDLR, bigatuma habaho ibikorwa bya gisirikare bihuriweho by'ingabo za RDC, FDLR yashinzwe n'abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n'Ingabo z'u Burundi kugira ngo birwanye ihuriro AFC/M23.

Ku wa 5 Ukuboza 2019, uwari umuyobozi wa CNRD/FLN, Lt. Gen. Wilson Irategeka, yafashijwe n'abayobozi b'u Burundi kujya kwivuriza i Bujumbura anyuze i Nyangezi-Ngomo na Kamanyola muri Kivu y'Amajyepfo.

Ingabo za RDC zikorera muri Kivu y'Amajyepfo zafashije Lt Gen Irategeka, zimutwara kuri moto mu gihe yajyaga kwivuza, zinamurindira umutekano.

Mu minsi ishize ubwo Perezida Évariste Ndayishimiye yabazwaga ku bufatanye bw'u Burundi na FDLR, yabwemeje yifashishije umugani ugira uti 'Umwanzi w'umwanzi wanjye ni inshuti yanjye.'

Nubwo Ndayishimiye yigira nk'inzirakarengane mu karere, abamunenga bavuga ko imyitwarire ye n'ubufatanye budahagarara n'imitwe yitwaje intwaro byagize uruhare mu guhungabanya umutekano mu Karere k'Ibiyaga Bigari.

Bamwe mu bagabye igitero i Musanze bafashwe n'inzego z'umutekano

Bamwe mu bagabye igitero i Musanze baburanishijwe n'Urukiko Rukuru rwa gisirikare i Kigali



Source : https://rushyashya.net/mu-mwaka-wa-2019-u-burundi-bwateguye-igitero-interahamwe-zagabye-i-musanze/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)