Cristiano Ronaldo yahagaritse imitima ya benshi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Imvune Cristiano Ronaldo yagize ishobora gutuma adakina imikino ibiri ya gicuti Portugal izakina yitegura igikombe cy'Isi, ni nako abakunzi be bari ku mavi ngo atazakiburamo.

Ni imvune yagize y'inyama zo mu itako izwi nka 'Hamstring' ku wa Gatandatu tariki ya 28 Gashyantare 2026 mu mukino batsinzemo Al Fayha 3-1, yavuye mu kibuga ku munota wa 81.

Ibizami bya mbere byagarageje ko ashobora kumara hanze y'ikibuga ibyumweru bibiri kugera kuri bine, akaba arimo gukorana n'itsinda ry'abaganga ngo azagaruke vuba bishoboka.

Cristiano amahirwe menshi ni uko atazitabira umwiherero wa nyuma w'ikipe y'igihugu ya Portugal izaba yitegura imikino ibiri ya gicuti uwa Mexico na Leta Zunze Ubumwe za Amerika izaba tariki ya 28 na 31 Werurwe 2026, bazaba bitegura igikombe cy'Isi cya 2026 kizabera USA, Mexico na Canada.

Abakunzi b'ikipe y'igihugu ya Portugal n'abakunzi ba Cristiano Ronaldo by'umwihariko barimo gusenga ngo akire vuba kandi iki gikombe kizaba guhera tariki ya 11 Kamena kugeza 19 Nyakanga 2026 kizasange ari muzima agikine kuko ni cyo cya nyuma azaba akinnye kandi gishobora no kumufasha kugera ku gahigo yiyemeje ashaka kwesa ko gutsinda ibitego 1000.

Cristiano Ronaldo yahagaritse imitima ya benshi



Source : http://isimbi.rw/cristiano-ronaldo-yahagaritse-imitima-ya-benshi.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)