Umunya-Espagne w'imyaka 21, Pau Martí, yigaragaje ku buryo budasanzwe yegukana agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2026, kahagurukiye i Nyamata mu karere ka Bugesera kagasorezwa i Huye ku ntera y'ibilometero 134,6.
Isiganwa ryatangiye abasiganwa bakora ikizwi nka 'neutral start' y'ikilometero kimwe mbere yo gutangira ryemewe.
Nyuma gato, habaye igitero cya mbere cyarimo abasiganwa batanu barimo Heidemann (Rembe), Nkundabera (Rwanda), Uwiduhaye (Benediction), Martins na Sousa (Localiza), ariko igikundi gikuru (peloton) kiyobowe n'ikipe ya NSN gihita kibasatira, intera hagati yabo isigara itarenga amasegonda 10.
Ku kilometero cya gatanu, Heidemann, Martins na Erasmus bongeye gucika, bashyiramo indi intera y'amasegonda 25 ndetse nyuma yaho Uwiduhaye yagerageje kubakurikirana wenyine, ariko aza gufatwa na peloton ku kilometero cya 14, mu gihe abari imbere bari bafite ikinyuranyo kirenga iminota umwe n'amasegonda 40.
Ikipe ya NSN, yari inarimo umwambaro w'umuhondo watwawe ku gace ka mbere na Itamar Einhorn, yakomeje kugenzura umuvuduko. Intera yageze ku minota ibiri n'amasegonda 50, ariko uko begerezaga kwinjira i Huye, peloton yatangiye kubasatira buhoro buhoro.
Hasigaye ibilometero 10, igikundi cyongeye kuba kimwe. Mu bilometero bitanu bya nyuma, amakipe ya Soudal na NSN ni yo yari ayoboye. Isiganwa ryinjiye mu bilometero bya nyuma ryihuta cyane, aho bamwe mu bakinnyi barimo uwari wambaye umwambaro w'umuhondo bari mu mazi abira.
Mu kugera ku murongo wo gusoreza wari ku nzu mberabyombi y'akarere ka Huye ku muhanda ujya kuri Kaminuza y'u Rwanda, Pau Martí yakoresheje imbaraga ze za nyuma atsinda sprint, yegukana etape, aba anahesheje NSN intsinzi ya kabiri yikurikiranya muri iri rushanwa aho yacitse umunya-Eritera wahabwaga amahirwe. Henock. Pau yakoresheje amasaha 3 iminota 10 n'amasegonda 10.
Uko abanyarwanda bitwaye
20. Nsengiyumva Shemu (Team Rwanda): 1"
30. Byukusenge Patrick (Team Rwanda): +8"
31. Mugisha Moise (Benediction): +9"
32. Manizabayo Eric (Benediction): 9"
36. Ngendahayo Jeremie (May Stars): +10"
Source : http://isimbi.rw/umunya-espagne-pau-marti-yegukanye-agace-ka-kabiri-ka-tour-du-rwanda-2026.html