Nyuma y'uko Intare FC itsinze Mukura VS kuri myugariro Ishimwe Abdul yabagurishije ntibubahirize amasezerano bagiranye, uyu mukinnyi ashobora kwerekeza muri APR FC.
Guhera mu mpera z'ukwezi gushize ni bwo hatangiye intambara hagati ya Intare FC na Mukura VS kubera Ishimwe Abdul.
Ku wa Kane w'icyumweru gishize ni bwo haje amakuru y'uko Niyigena Clement agiye muri Al Hilal ni nabwo Intare FC yari yandikiye Mukura VS ivuga ko yasheshe amasezerano nayo ubwo baguraga Ishimwe Abdul kuko batayubahirije. Amakuru yavugaga ko ari we ugiye gusimbura Niyigena Clement.
Bivugwa ko iyi kipe ya Intare FC ikina icyiciro cya kabiri yahise itumizaho Ishimwe Abdul na Mukura VS iyoberwa aho ari.
Mukura VS ikaba yarahise yandikira FERWAFA ngo ibakemurire iki kibazo.
Ishimwe Abdul yageze muri Mukura VS muri 2023 atijwe imyaka 2, ayisoje yongeye kumutira Intare ariko ibabwira ko adatizwa ahubwo bamugura.
Ishimwe Abdul wari usigaje umwaka umwe w'Intare yasinyiye Mukura VS imyaka 3 nyuma yo kumvikana na Intare FC miliyoni 10 z'amafaranga y'u Rwanda.
Mu masezerano bumvikanye ko bahita bishyura miliyoni 5 Frw izindi miliyoni 5 Frw akazishyurwa tariki ya 3 Gashyantare 2026.
Iki gice cya mbere ntabwo cyahise cyishyurwa ahubwo babonye ko Intare FC ibabwiye ko basheshe amasezerano kubera batubahirije ayo bagiranye, Mukura VS yahise yishyura miliyoni 10 zose.
Amakuru ISIMBI yamenye ni uko FERWAFA imaze kumva impande zombi yanzuye ko Mukura VS yishe amasezerano nkana bityo ko Abdul yasubira mu Intare FC. Amakuru avuga ko uyu mukinnyi ari mu muryango winjira muri APR FC bamaze kumvikana.
ISIMBI kandi yamenye amakuru ko Mukura VS yamaze kujuririra iki cyemezo cya FERWAFA.
Source : http://isimbi.rw/ishimwe-abdul-uri-mu-manza-na-mukura-vs-na-intare-fc-mu-muryango-winjira-muri.html