Gloria Mukamabano, wamenyekanye ari Umunyamakuru w'Urwego rw'Igihugu rw'Itangazamakuru (RBA), yasezeye muri izi nshingano yari amazemo imyaka icyenda.
Akaba yasomaga amakuru kuri Televiziyo y'u Rwanda ndetse yari akunzwe na benshi aho yari umuyobozi wa KC2, Televiziyo ya RBA y'imyidagaduro.
Gloria Mukamabano akaba yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho asanze umugabo we kuko ni ho atuye.
Mu 2015 ni bwo Mukamabano Gloria, yasoje amasomo y'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu Ishuri ry'Itumanaho n'Itangazamakuru muri Kaminuza y'u Rwanda. Yanize icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu masomo ajyanye n'Iterambere 'Development Studies'.
Yinjiye mu itangazamakuru akirangiza amashuri yisumbuye aho yakoze ku bitangazamakuru bitandukanye birimo Contact FM, Radio na TV10 ndetse na Royal TV.
Mu mpera z'umwaka wa 2016, Gloria Mukamabano yerekeje kuri RBA.
Source : http://isimbi.rw/gloria-mukamabano-yasezeye-rba-yerekeje-muri-amerika.html