Abarimo Dj Caspi, Dj Cyusa, Zeby na Tania nibo bari bususurutse igitaramo cyo kuri uyu wa Gatanu 'FIRST CLASS FRIDAY' #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abakunda imyidagaduro muri uyu Mujyi wa Kigali bafite impamvu ikomeye yo kwitegura neza kuri uyu wa Gatanu, aho igitaramo 'FIRST CLASS FRIDAY' kirabera muri Ti'Amo Lounge, imwe mu ma-Bar & Resto agezweho akomeje kwamamara kubera serivisi zinoze n'ikirere cyiza gituma abayigana bagira ibihe byiza.

Iki gitaramo gitegerejwe na benshi kirasusurutswa n'aba-DJ bafite ubunararibonye mu kuvanga umuziki ugezweho ndetse n'uwakera, barimo DJ Caspi na DJ Cyusa, bazwiho guhuza injyana zitandukanye zituma abantu bose babyina nta kwirobanura. Uretse abo, Zeby na Tania baraba bashinzwe gutuma abitabiriye barushaho kwinjira mu mwuka w'ibirori, binyuze mu buryo bwabo bwo gususurutsa abantu no kubagezaho ibyishimo byihariye.

Abamaze kugera muri Ti'Amo Lounge bavuga ko ari ahantu hatanga ituze n'umutekano usesuye, kandi hakaba hari n'ibyokurya n'ibinyobwa byateguwe ku rwego rwo hejuru. Ni hamwe mu hantu hakomeje kuvugwa cyane muri uyu Mujyi wa Kigali, bitewe n'uburyo bwiza bwo kwakira abakiliya, ndetse n'imyidagaduro ihora ihabwa agaciro.

Nk'akandi gashimwe ku bakiliya, ubuyobozi bwa Ti'Amo bwateguye promotion idasanzwe, aho ibiciro byagabanyijwe ku kigero cya 20% guhera saa yine z'ijoro (10:00pm), bikaba ari amahirwe akomeye ku bashaka gusohokana n'inshuti cyangwa abo mu miryango yabo.

Iki gitaramo 'FIRST CLASS FRIDAY' ni amahirwe adasanzwe. Itegura neza, uzane n'abawe, maze uze wibonere ibyishimo bya nyabyo muri Ti'Amo Lounge i Remera impande ya Station ORXY.

Abarimo Dj Caspi, Dj Cyusa, Zeby na Tania nibo bari bususurutse igitaramo cyo kuri uyu wa Gatanu 'FIRST CLASS FRIDAY'



Source : https://kasukumedia.com/abarimo-dj-caspi-dj-cyusa-zeby-na-tania-nibo-bari-bususurutse-igitaramo-cyo-kuri-uyu-wa-gatanu-first-class-friday/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)