Burya indyo nziza niyo soko y'ubuzima buzira umuze #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Byinshi utari uzi burya indyo nziza niyo soko y'ubuzima buzira umuze, kandi guhitamo aho ufatira amafunguro n'icyo kunywa niyo ntambwe ikomeye iganisha ku mibereho myiza. Abantu benshi bajya bibaza aho bakura amafunguro meza, ateguwe kinyamwuga, afasha umubiri gukomera kandi akaryohera ururimi. Igisubizo cy'icyo kibazo ni Ti'Amo Lounge i Remera, imbere ya Gare, hafi ya station ya ORYX.

Ti'Amo Lounge ni Bar & Restaurant yitaye ku buzima bw'abakiriya bayo, igashyira imbere isuku, ubuziranenge n'ubuhanga mu gutegura amafunguro. Aha ni ho usanga amafunguro atandukanye, ateguwe n'abatekera babifitiye ubumenyi n'uburambe, bakita ku bipimo bikwiye by'intungamubiri, bakirinda ibintu bishobora kwangiza ubuzima bw'abantu. Kuva ku mafunguro ya kinyarwanda aryoshye, kugera ku mafunguro mpuzamahanga ateguwe ku rwego rwo hejuru, Ti'Amo Lounge iguha amahitamo ajyanye n'icyo ukeneye n'icyo ukunda.

Si amafunguro gusa, ahubwo n'ibinyobwa biba byatoranyijwe neza, haba ibidasembuye n'ibisembuye, byose byujuje ubuziranenge kandi bigatangwa mu buryo bw'umwuga. Aho wicaye wumva utuje, umuziki mwiza uba ucurangirwamo, n'akazi k'abakozi bakwakira neza bigatuma ifunguro rirusha kuryoha.

Niba ushaka aho waruhukira n'inshuti, umuryango cyangwa abo mukorana, ukishimira amafunguro meza n'ibinyobwa byiza mu mwuka mwiza, Ti'Amo Lounge i Remera ni ho ugomba kwerekeza. Aha si aho gufatira amafunguro gusa, ni naho wakwidagadurira kuko bagufitiye na club.

Ti'Amo Lounge ni Bar & Restaurant yitaye ku buzima bw'abakiriya bayo
Bagufitiye aho wafatira ifunguro hasa neza

Indyo nziza niyo soko y'ubuzima buzira umuze



Source : https://kasukumedia.com/burya-indyo-nziza-niyo-soko-yubuzima-buzira-umuze/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)