Nyuma y'uko uwari umukinnyi wa APR WFC, Ihirwe Régine ayireze kuba yaranze kumurekura kuri ubu yayitsinze ndetse banategeka ko itanga urupapuro rumurekura 'release letter' akajya muri Rayon Sports.
Mbere y'uko uyu mwaka w'imikino utangira, Régine bakunda kwita Queen yasinyiye Rayon Sports yitegura kujya gukina CECAFA amasezerano y'imyaka 2 ariko APR FC yanga kumurekura ivuga ko akiyifite amasezerano y'imyaka 2.
Ihirwe Régine yahise yandikira Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda asaba ko bamufasha APR WFC ikamurekura kuko amasezerano yasinywe yayasinyiwe n'ababyeyi rero nta gaciro agifite.
Ubundi tariki ya 28 Ugushyingo 2022, ni bwo APR WFC yasinyanye n'ababyeyi ba Ihirwe Régine amasezerano y'imyaka 5, bemeranya ko APR izamufasha kuzamura impano no kumurihira amashuri mu gihe cy'imyaka itanu.
Tariki ya 7 Ugushyingo 2025 ni bwo Régine w'imyaka 19 na APR WFC bahuriye imbere ya Komisiyo y'Amategeko n'Imiyoborere muri FERWAFA maze buri ruhande rusobanura uko ikibazo kimeze.
APR yavugaga ko amasezerano atararangira mu gihe Régine we yavugaga ko ayo masezerano yayasinyiwe n'ababyeyi ataruzuza imyaka y'ubukure ubu akaba yarakuze adakwiye guhabwa agaciro.
Kuba yarasinyiwe n'ababyeyi, Komisiyo yasanze atari impamvu yatuma arekurwa ahubwo bisunze ingingo ya 18.1 y'Amategeko ya FIFA ateganya uko abakinnyi bahinduranya amakipe aho ivuga ko umukinnyi ashobora gusinyira ikipe ari munsi y'imyaka 18 ariko ntarenze imyaka 3.
APR WFC ikaba yahise isabwa kurekura uyu mukinnyi akajya gukomereza akazi ahandi aho yishimiye.
Source : http://isimbi.rw/apr-yatsinzwe-itegekwa-gutanga-ibyangombwa.html