Isura nshya mu Mavubi yahamagawe guhangana na Benin na Afurika y'Epfo #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Adel Amrouche utoza Amavubi yamaze guhamagara abakinnyi 23 azifashisha ku mikino ibiri isoza itsinda C mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2026.

Ni imikino u Rwanda ruzahuramo na Benin tariki ya 10 Ukwakira i Kigali na tariki ya 14 Ukwakira na Afurika y'Epfo muri Afurika y'Epfo.

Muri aba bakinnyi 23 harimo umukinnyi umwe rukumbi uhamagawe bwa mbere, Joy-Lance Mickels wa Sabah AFC yo mu Cyiciro cya Mbere muri Azerbaijan.

Ni urutonde kandi abakinnyi nka Ruboneka Bosco bongeye kugaruka.

Mu Itsinda C riyobowe na Bénin ifite amanota 14 inganya na Afurika y'Epfo. Nigeria n'u Rwanda zifite 11, Lesotho ya gatanu ifite amanota icyenda na Zimbabwe ya nyuma ifite ane.

Abakinnyi bose bahamagawe

Abanyezamu: Ntwari Fiacre, Ishimwe Pierre na Buhake Clement Twizere.

Ba myugariro: Niyomugabo Claude, Nshimiyimana Emmanuel, Mutsinzi Ange, Manzi Thierry, Nkulikiyimana Darryl Nganji, Kavita Phanuel, Byiringiro Jean Gilbert na Nshimiyimana Yunusu.

Abakina mu kibuga hagati: Bizimana Djihad, Mugisha Bonheur, Muhire Kevin, Ruboneka Jean Bosco, Ishimwe Anicet na Hamon Aly-Enzo.

Ba rutahizamu: Nshuti Innocent, Kwizera Jojea, Biramahire Abeddy na Gitego Arthur.

Joy-Lance Mickels wahamagawe bwa mbere mu Mavubi



Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11967

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)