Brian Kagame, umuhungu wa Perezida Kagame mu bofisiye bato bagiye kwinjira mu Ngabo z'u Rwanda - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Kuri uyu wa 3 Nzeri 2025 ni bwo RDF yinjiza m abofisiye bato 1029 barimo 42 bize mu mashuri ya Gisirikare hanze y'u Rwanda.

Ibirori byo gusoza ayo mahugurwa no kwambikwa ipeti birabera mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako mu Karere ka Bugesera, aho byitabiriwe n'abayobozi batandukanye.

Brian Kagame uri muri aba basirikare, yasoje amasomo ya gisirikare mu ishuri rya Sandhurst Military Academy mu Bwongereza.

Brian Kagame yinjiye mu gisirikare asangamo mukuru we, Capt Ian Kagame kuri ubu ubarizwa mu Ngabo z'u Rwanda mu mutwe urinda abayobozi bakuru b'igihugu.

Brian Kagame ari mu bofisiye bato bagiye kwinjira mu Ngabo z'u Rwanda



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/brian-kagame-umuhungu-wa-perezida-kagame-mu-bofisiye-bato-bagiye-kwinjira-mu

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)