Abafana 16 bo mu Karere ka Kayonza bakubiswe n'inkuba 8 muri bo barakomereka ubwo barimo bareba umukino wa APR FC na Pyramids.
Wari umukino ubanza w'ijonjora ry'Ibanze wabaye ejo ku wa Gatatu tariki ya 1 Ukwakira 2025 kuri Kigali Pele Stadium aho Pyramids yatsinze 2-0.
Aba baturage bakaba barimo bareba uyu mukino kuri Televiziyo, Mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Kabarondo baje gukubitwa n'Inkuba maze 8 muri bo barakomereka banajyanwa kwa Muganga.
Uyu mukino wabaye saa 14h00', inkuba yo yakubise ahagana saa 15h amakuru akaba avuga ko yabakubitiye mu rugo rw'umuntu aho bareberaga.
Abakubiswe n'inkuba harimo umugore n'umwana w'imyaka ine nabo bari baje kureba umupira.