Umutaliyani arigaragaje, umunyarwanda yongera gukora iyo bwabaga (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umutaliyani Finn Lorenzo w'imyaka18 ni we wegukanye Shampiyona y'Isi y'Amagare mu cyiciro cy'abahungu batarengeje imyaka 23.

Uyu munsi hakinwaga umunsi wa Gatandatu wa shampiyona y'Isi y'Amagare irimo ibera mu Rwanda kuva ku Cyumweru gishize.

Mu gihetondo habanje abahungu batarengeje imyaka 18, hahita hakurikiraho abatarengeje imyaka 23.

Abakinnyi 118 bo mu bihugu 56, bose batarengeje imyaka 23, batangiye isiganwa ry'ibilometero 164,6, bivuze ko bazengurutse inshuro 11 'circuit' yanyuzwemo na barumuna babo mu gitondo. Muri aba bakinnyi bose, 62 ntabwo bigeze basoza isiganwa.

Yaje kwegukanwa n'Umutaliyani Finn Lorenzo w'imyaka 18, yegukanye umudali wa Zahabu nyuma yo gutsinda isiganwa ry'abahungu batarengeje imyaka 23 muri Shampiyona y'Isi y'Amagare iri kubera i Kigali, aho yakoresheje amasaha atatu, iminota 57 n'amasegonda 27 ku ntera y'ibilometero 164,6.

Umudali wa Feza, w'umwanya wa kabiri, wegukanywe na Huber Jan wo mu Busuwisi asizwe amasegonda 31.

Umudali w'Umuringa uhabwa umukinnyi wa gatatu wegukanywe n'Umunya-Autriche, Schrettl Marco, wasizwe umunota n'amasegonda 13.

Mu Banyarwanda bane bakinnye isiganwa ry'Abahungu batarengeje imyaka 23, Niyonkuru Samuel ni we wenyine wasoje aho yabaye uwa 50 mu bakinnyi 56 basoje, yasizwe iminota 16 n'amasegonda ane.

Ni ku nshuro ya kane Niyonkuru yakinaga Shampiyona, ariko ntiyari yarigeze asoza isiganwa ryayo kuva mu 2021 ubwo yakinaga mu batarengeje imyaka 19.

Abandi bakinnyi b'u Rwanda bakinnye kuri uyu wa Gatanu ariko batasoje ni Ruhumuriza Aime, Ufitimana Shadrack na Tuyizere Etienne.

Ejo ku wa Gatandatu ni umunsi wa 7, Guhera mu gitondo, saa Mbiri n'iminota 20, hazaba isiganwa ryo mu muhanda ry'abakobwa batarengeje imyaka 19, bazakora intera y'ibilometero 74 kugeza saa 10:40.

U Rwanda ruzahagararirwa na Masengesho Yvonne ari kumwe na Uwiringiyimana Liliane.

Guhera saa 12:05 hazaba isiganwa ry'abagore bazakora intera y'ibilometero 164,6 kugeza saa 16:45.

U Rwanda ruzahagararirwa na Ingabire Diane, Irakoze Neza Violette, Nirere Xaverine na Nzayisenga Valentine.

Niyonkuru Samuel ni we munyarwanda wasoje
Umutaliyani ni we wegukanye isiganwa ryo mu muhanda mu bahungu batarengeje imyaka 23



Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11941

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)