Umukinnyi Mpuzamahanga w'umunyarwanda, Samuel Gueulette yamaze kongera amasezerano y'imyaka 4 mu ikipe ye ya Raal La Louviere mu Bubiligi, ni mu gihe benshi batunguwe no kubona adahamagawe mu Mavubi.
Uyu mukinnyi ukina inyuma ya ba rutahizamu ari muri Raal La Louviere kuva muri 2021 ikina mu cyiciro cya 4 ayizamura cya 3, icya kabiri kugeza ayigejeje mu cyiciro cya mbere ari n'aho irimo gukina, yamaze kumwongera amasezerano y'imyaka 4 bivuze ko azamugeza muri 2029.
Gueulette ubanzamo muri iyi kipe yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi, benshi batunguwe no kubona atahamagawe mu bakinnyi umutoza Adel Amrouche yajyanye muri Nigeria gukina n'iki gihugu ndetse azanifashisha ku mukino wa Lesotho mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2026.
Amakuru akaba avuga ko bifitanye isano no kuba ataritabiriye imikino ya gicuti u Rwanda rwakinnye na Algeria, gusa andi makuru atizewe neza ni uko ngo yaba hari ibibazo yagiranye n'umutoza wungirije Eric Nshimiyimana.
Samuel Gueulette akaba ashobora kuba na we ari ku rutonde rw'abakinnyi umutoza Adel Amrouche yavuze ko akiri umutoza mukuru w'ikipe y'igihugu Amavubi atazigera yongera kubahamagara, barimo na Hakim Sahabo wa Standard de Liege mu Bubiligi.
Samuel Gueulette yahamagawe bwa mbere mu ikipe y'Igihugu Amavubi muri 2018 mu batarengeje imyaka 20 mu gushaka itike y'igikombe cy'Afurika, yakiniye abatarengeje imyaka 23 kugeza ahamagawe no mu ikipe nkuru.