Sudani y'Epfo: Urukiko rwateye utwatsi ubusabe bwa Riek Machar wari wanze ko rumuburanisha - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Riek Machar yahagaritswe ku mwanya wa Visi Perezida wa Sudani kuva muri Werurwe uyu mwaka ndetse afungirwa iwe mu rugo ashinjwa kugira uruhare mu gitero cyagabwe n'umutwe witwaje intwaro witwa White Army.

Ni igitero cyagabwe mu kigo cya gisirikare kiri mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba bwa Sudani y'Epfo gihitana ababarirwa muri 250 barimo abasirikare n'abasivili.

Riek Machar yashinjwe na Guverinona ya Sudani kuba ari we watanze amabwiriza yo kugaba icyo gitero ndetse imushinja ubwicanyi, ubugambanyi n'ibyaha byibasiye inyokomuntu agezwa imbere y'ubutabera.

Urubanza rugitangira abunganizi mu mategeko ba Riek Machar n'abandi bantu barindwi bareganwa bagaragaje ko hari imbogamizi yo kuba urukiko rwo muri Sudani y'Epfo radafite ububasha bwo kuburanisha urwo rubanza.

Abo bunganizi bavuze ko bashingiye ku masezerano y'amahoro yo mu 2018 yashyize iherezo ku ntambara za gisivili muri icyo gihugu, urwo rubanza rugomba kuburanishwa n'urukiko rwa Afurika yunze Ubumwe ruburanisha imanza z'imbere mu bihugu na mpuzamahanga.

Gusa umucamanza witwa James Alala yateye utwatsi izo mbogamizi zatanzwe n'abunganira Riek Machar n'abo bareganwa agaragaza ko mu gihe urwo rukiko rutarashyirwaho na Afurika yunze Ubumwe, inkiko z'imbere muri icyo gihugu zifite ububasha bwo kuburanisha urwo rubanza hashingiwe ku Itegeko Nshinga.

Uwo mucamanza kandi yateye utwatsi imbogamizi yari yatanzwe n'abunganzi ba Riek Machar bavuga ko Visi Perezida aba afite ubudahangarwa butuma atagezwa imbere y'inkiko avuga ko bugenerwa perezida gusa.

Yagize ati 'Visi Perezida wa Mbere nta budahangarwa agenerwa n'Itegeko Nshinga tugenderaho'.

Urwo rukiko kandi rwategetse ko urubanza rugomba gukomeza ku itariki ya 1 Ukwakira 2025.

Riek Machar ahakana ibyo ashinjwa byose avuga ko bishingiye ku mpamvu za politiki ndetse hari impungenge muri Sudani y'Epfo ko ibyo bishobora gutera izindi ntambara za gisivili.

Urukiko muri Sudani y'Epfo rwateye utwatsi ubusabe bwa Visi Perezida, Riek Machar



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/sudani-y-epfo-urukiko-rwateye-utwatsi-ubusabe-bwa-riek-machar-wari-wanze-ko

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)