Igitego kimwe rukumbi cya Mugisha Gilbert yatsinze Zimbabwe, cyatumye Amavubi asubira ku mwanya wa 2 mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2026.
Umukino ubanza wari wabereye i Huye amakipe yombi yanganyije ubusa ku busa.
Uyu mukino w'umunsi wa 8 mu itsinda C mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi, wabereye muri Afurika y'Epfo kuri Orlando Stadium kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri 2025.
Amavubi yagiye gukina uyu mukino nyuma yo gutsindwa na Nigeria 1-0 ku wa Gatandatu w'icyumweru gishize.
Mu gice cya mbere Amavubi yagerageje gusatira ishaka igitego igenda ibona amahirwe atandukanye ndetse biza kuyiha igitego ku munota wa 40 cyatsinzwe na Mugisha Gilbert.
Hari ku mupira w'umuterekano watewe na Kwizera Jojea maze bawukuraho usanga Mugisha Gilbert watereye ishoti rikomeye nko muri metero 32 maze umupira uyoboka mu rushundura. Amakipe yagiye kuruhuka ari 1-0.
Mu gice cya kabiri Amavubi yagiye akora impinduka zitandukanye nka Gitego Arthur yasimbuye Biramahire Abeddy, Ngwabije Bryan Clovis na Ishimwe Anicet bajya mu mwanya wa Bizimana Djihad na Kwizera Jojea.
Muri iki gice Zimbabwe ni yo yihariye umukino, wabonaga Amavubi yasubiye inyuma mu mikinire, ahubwo yarwanaga no kurinda igitego yatsinze. Umukino warangiye ari 1-0.
Iyi ntsinzi yatumye Amavubi asubira ku mwanya wa 2 n'amanota 12 mu gihe ategereje ibiva mu mukino wa Benin na Lesotho n'uwa Afurika y'Epfo na Nigeria.
Kugeza ubu Afurika y'Epfo ifite 16, Amavubi 12, Benin 11, Nigeria 10, Lesotho 6 na Zimbabwe ifite 4.