Abatoza b'ingabo za EAC zihora ziteguye gutabara aho rukomeye basoje imyitozo yakorerwaga mu Rwanda - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ayo magurwa yaberaga mu Ishuri rya Gisirikare rya Rwanda Peace Academy akaba yari agamije gufasha abayobozi b'ingabo zihuriye muri EASF kwiyungura ubumenyi.

Ni amahugurwa arebana no kuyobora urugamba aho yagenewe abasirikare bakuru basanzwe bagira uruhare mu gutoza no guhugura abandi 'The Battle Group Commanders' Training of Trainers course'.

Yatangijwe ku wa 8 asozwa ku wa 19 Nzeri 2025. Yateguwe ku bufatanye na Rwanda Peace Academy, ubunyamabanga bwa EASF na African Peace and Security Architecture (APSA).

Mu bindi bikorwa abo basirikare bakoze harimo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali n'Ingoro y'Amateka yo guhagarika urugamba rwo kurwana Jenoside aho basobanuriwe amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi n'uburyo ingabo za RPA zayihagaritse.

Basobanuriwe kandi ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi ku muryango nyarwanda n'urugendo rwo kongera kwiyubaka nyuma ya yo.

Ayo mahugurwa yasojwe ku mugaragaro n'Umuyobozi Mukuru w'Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, Brig Gen Andrew Nyamvumba, washimiye abitabiriye ayo mahugurwa ndetse akanabasaba kubyaza umusaruro ubumenyi bahawe.

Ati 'Aya mahugurwa yabahaye kumenya inzira n'uburyo umutoza akwiye kwitwara mbere no mu gihe cyo gutoza abandi ndetse no mu isuzuma ry'ibyo yatanze. Muri make ubu mufite ubumenyi, ubuhanga n'ubushobozi umutoza akwiye kuba afite.'

Uwitabiriye ayo mahugurwa wo mu Ngabo za Kenya, Lt Col Laurence Githaiga, yashimangiye ko amahugurwa bahawe n'ubumenyi bungukiyemo ari ingirakamaro ku batoza kandi bibafasha guha abandi ubumenyi mu buryo bwa nyabwo.

Ayo mahugurwa yitabiriwe n'abavuye mu bihugu bitandukanye birimo, u Burundi, Djibouti, Ethiopia, Kenya, u Rwanda na Uganda ndetse n'abari mu bunyamabanga bwa EASF.

Umuyobozi Mukuru w'Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, Brig Gen Andrew Nyamvumba, yashimiye abitabiriye aya mahugurwa
Abitabiriye ayo mahugurwa bahawe impamyabushobozi
Abatoza b'ingabo za EAC zihora ziteguye gutabara aho rukomeye basoje imyitozo yakorerwaga mu Rwanda



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abatoza-b-ingabo-za-eac-zihora-ziteguye-gutabara-aho-rukomeye-basoje-imyitozo

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)