Tanzania yasabye abaturage kwitondera gukoresha imiti ya Dettol iri kwiganwa ku bwinshi - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Itangazo Umuyobozi Mukuru wa TMDA, Adam Fimbo, yashyize hanze ku wa 16 Kanama 2025 yagaragaje ko iyi miti yiganwa yafashwe nyuma y'ubugenzuzi bumaze iminsi gikora ahacururizwa iyi miti hose.

Yasobanuye ko kandi gufata iyi miti byaje nyuma y'ibyavuye mu iperereza iki kigo cyakoze ku bufatanye na Polisi ya Tanzania kigasanga iyi miti yarakorerwaga mu macumbi ya Kishimbi yo mu Mujyi muto wa Kahama uri mu Karere ka Shinyanga gaherereye mu Majyaruguru ya Tanzania.

Uyu mukwabu wasize abanyamahanga babiri bafatiwe muri ibi bikorwa byo kwigana iyi miti ndetse no kuyikwirakwiza mu gihugu hose.

Bafatanywe uducupa dutandukanye turimo iyi miti kuva ku twa mililitiro 50l kugeza kuri litiro imwe.

Fimbo yagize ati 'Aba banyamahanga babiri bafatiwe mu byumba by'aya macumbi, bafatanwa ibikoresho bifashisha mu kwigana iyi miti ya Dettol, uducupa twayo ndetse n'ibindi binyabutabire bifashishaga.'

Yakomeje avuga abakekwaho ibi bikorwa bafashwe ndetse bagahita bashyikirizwa inzego z'ubutabera.

Uyu muyobozi yasabye abaturage kuzajya bagenzura ibyo baguze niba byujuje ubuziranenge cyangwa bitaba byariganwe mu gihe babibonye bakaba batanga raporo kuri Polisi cyangwa ubuyobozi bw'iki kigo.

Yavuze ko imyinshi muri iyo miti y'imyiganano hariho nimero z'impimbano nka 'P08 08 24R25' na 'P08 02 24R25'.

Imiti ya Dettol yigashishwa mu kwica udukoko twatera indwara nko ku bikomere hirindwa ko bizamo za 'infections'. Unakoreshwa mu gusukura mu rugo na bwo hirindwa udukoko dutera indwara.

Tanzania yasabye abaturage kwitondera gukoresha imiti ya Dettol iri kwiganwa ku bwinshi



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/tanzania-yasabye-abaturage-kwitondera-gukoresha-imiti-ya-dettol-iri-kwiganwa-ku

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)