Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi wa HCR - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Aba bombi baganiriye ku mugoroba wo kuri uyu wa 28 Kanama 2025, muri Village Urugwiro.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku wa 25 Kanama 2025, Grandi yatangaje ko yari mu nzira ajya ruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu Rwanda, kugira ngo aganire n'abayobozi bo muri ibi bihugu ku bibazo by'impunzi.

Grandi yavuze kandi ko yizeye ko gahunda za politiki zikomeje zizahagarika ubugizi bwa nabi bukorerwa abasivili ndetse n'ubuhunzi.

Kuva u Rwanda na RDC byagirana amasezerano y'amahoro tariki ya 27 Kamena 2025, bibifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kimwe mu byashyizwemo imbaraga ni ugutegura uburyo bwo gucyura impunzi z'Abanye-Congo n'iz'Abanyarwanda.

Tariki ya 24 Nyakanga, intumwa z'ibi bihugu na HCR zahuriye i Addis Abeba muri Ethiopia, zifata imyanzuro itandukanye irimo gufasha impunzi gutaha ku bushake, kuzisubiza mu buzima busanzwe no kuzifasha kwiyubaka.

Hashingiwe kuri iyi myanzuro, ku wa 25 Kanama HCR yacyuye impunzi z'Abanyarwanda 533 zari zaragizwe imbohe n'umutwe w'iterabwoba wa FDLR, izishyikiriza Guverinoma y'u Rwanda. Hari izindi zirenga 100 zitegereje gutaha.

Uruzinduko rwa Grandi muri ibi bihugu rwitezeho umusaruro wisumbuyeho mu gukemura ibibazo by'impunzi, cyane cyane ibizibuza gutaha.

Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi wa HCR, Filippo Grandi
Bagiranye ibiganiro byibanze ku ku gukomeza ubufatanye hagati y'u Rwanda na HCR



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yakiriye-umuyobozi-wa-hcr

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)