Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima, Dr. Yvan Butera, aherutse kubwira Abadepite ko impamvu zituma abantu babura urubyaro zirimo 30% zikomoka ku bagabo, na 30% zikomoka ku bagore. Izikomoka kuri bombi zingana na 30% mu gihe 10% ziba ari izindi mpamvu zitamenyekanye.
Mu bisubizo Leta yashyizeho ngo ababuze urubyaro barubone harimo harimo kwemera kororoka hakoreshejwe ikoranabuhanga aho umugore cyangwa umugabo ashobora gutanga intanga cyangwa urusoro bagatwitirwa n'undi muntu bahisemo.