Hagiye gukoreshwa aba-agronomes bigenga mu kuzamura ubuhinzi - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr. Telesphore Ndabamenye, yabwiye RBA ko abo ba-agronomes bigenga bari gutekerezwaho ngo batangire kwifashishwa.

Ati 'Turabikora mu bworozi, tubikore no mu buhinzi, kugira ngo bajye begera ba bahinzi bo mu byanya binini bibyare umusaruro. Iyamamazabuhinzi tuzi ko iyo dushyizemo ubumenyi n'ubushobozi bijyanye n'amafaranga, ni kimwe mu bidufasha kuzamura umusaruro.'

Yagaragaje ko bizafasha mu guhangana n'izamuka ry'ibiciro n'abahinzi babashe kwihaza mu biribwa.

Umushoramari mu buhinzi, Rushirabwoba Aimable, yagaragaje ko aba-agronomes ba Leta usanga batabageraho uko bikwiye kubera inshingano nyinshi bagira.

Ati 'Ntibatugeraho mu buryo bukwiye, kuko usanga agronome wo mu murenge yibereye mu bwubatsi, isuku na ho iby'ubuhinzi akabizamo ari nk'inama igiye kuba cyangwa umunsi mukuru ugiye kuba.'

Abahinzi bagaragaza ko hari ubumenyi baba badafite kandi hari ababyize bityo ko kubegera byabafasha, bikanabungura ubumenyi bakabasha kongera umusaruro.

Gukoresha aba-agronomes bigenga mu gufasha abahinzi byitezweho kongera umusaruro



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hagiye-gukoresha-aba-agronomes-bigenga-mu-gufasha-abahinzi

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)