U Rwanda mu mikoranire na Kaminuza ya State University of New York - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Yabigarutseho ku wa 18 Nyakanga 2025 ubwo bahuraga n'abayobozi batandukanye bo muri iyi Kaminuza bamaze iminsi bari mu Rwanda.

Minisitiri Nsengimana yavuze ko biteze ko mu minsi iri imbere, u Rwanda ruzatangira gushyira mu bikorwa ubwo bufatanye kandi buzatanga umusaruro.

Ati 'Baje hano kudusura kugira ngo tuganire turebe uburyo twafatanya na bo. Muri ubwo bufatanye ni ukwigisha cyangwa ubushakashatsi hagati ya za Kaminuza zo mu Rwanda na Kaminuza ya New York. Ni ho tugitangira kuganira na bo ariko hari byinshi twagiye tubona dushobora gukorana. Ubwo turizera ko mu minsi iri imbere dushobora gutangira gushyira mu bikorwa ubwo bufatanya.'

Nsengimana yavuze kandi ibiganiro biganisha ku mikoranire y'u Rwanda na Kaminuza ya State University of New York (SUNY), iri mu zikomeye muri Amerika bishobora gufasha u Rwanda mu ngeri zitandukanye.

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe imyigire muri Kaminuza ya SUNY, Dr. Melur K. Ram Ramasubramanian, yashimangiye ko iyo Kaminuza ikomeje gushaka imikoranire n'ubufatanye burambye n'ibihugu bya Afurika.

Ati 'Turi hano gushaka amahirwe ashoboka yo kuhageza umushinga wacu dufitiye Afurika no kubaka ubufatanye bw'igihe kirekire mu burezi bw'u Rwanda. Twashimishijwe cyane n'umuhate abantu bafite ndetse n'amahirwe twagiye tubona.'

Icyo gikorwa kiri muri gahunda yiswe The Suny Africa Initiative igamije guteza imbere imikoranire n'ubufatanye by'iyo Kaminuza n'ibihugu bitandukanye bya Afurika aho abayobozi bayo basuye u Rwanda nyuma yo kuva muri Kenya ndetse bakazakomereza mu bihugu birimo Nigeria na Ghana.

Dr. Ramasubramanian yerekanye ko ubufatanye bugamije kungurana ubumenyi muri porogaramu zitandukanye, kohererezanya abanyeshuri, ubushakashatsi, kwigisha hifashishijwe ikoranabuhanga no guteza imbere ubumenyi bukenewe ku isoko ry'umurimo.

Ati 'Intego yacu ni ukubuka ubufatanye burambye muri porogaramu z'imyigishirize aho abanyeshuri bashobora kuzajya bava mu Rwanda bakaba baza kwiga muri Amerika muri rimwe mu mashami 64 dufite.'

Yakomeje ati 'Ku rundi ruhande ariko turashaka ko n'abanyeshuri bacu bagira ubunaranirabonye ku muco no guhanga udushya biri kubera mu Rwanda, nk'igihugu cy'imisozi 1000.'

Ku bijyanye n'ubushakashatsi, SUNY yerekanye ko ubufatanye bushobora gukorwa mu nzego zitandukanye zirimo ibijyanye n'ingufu, ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro n'ibindi bigamije kwihutisha iterambere.

Perezida wa SUNY Polytechnic Institute, Dr. Winston Wole Soboyejo, yagaragaje ko gukorana nayo bishobora gufasha u Rwanda mu kuziba icyuho kikigaragara mu bijyanye n'ubumenyi bukenerwa ku isoko ry'umurimo.

Mu ruzinduko rw'iminsi ibiri mu Rwanda, aba bayobozi bagiranye ibiganiro n'inzego zitandukanye zirimo Kaminuza y'u Rwanda, Ishuri Rikuru ry'Imyuga, tekinike n'Ubumenyingiro, RP n'abari mu Rwego rw'Abikorera.

U Rwanda mu mikoranire na Kaminuza ya New York
Umuyobozi Mukuru Ushinzwe imyigire muri Kaminuza ya SUNY, Dr. Melur K. Ram Ramasubramanian, yashimangiye ko iyo Kaminuza ikomeje gushaka imikoranire n'ubufatanye burambye n'ibihugu bya Afurik
Minisitiri w'Uburezi, Nsengimana Joseph, yagaragaje ko u Rwanda rwiteguye kubyaza umusaruro amahirwe yo gukorana na Kaminuza ya New York, State University of New York (SUNY)
Minisitiri w'Uburezi, Nsengimana Joseph, yashimye ko imikoranire ya State University of New York (SUNY) izatanga umusaruro
Abayobozi batandukanye ba SUNY bamaze iminsi ibiri mu Rwanda
Perezida wa SUNY Polytechnic Institute, Dr. Winston Wole Soboyejo, yagaragaje ko gukorana nayo bishobora gufasha u Rwanda mu kuziba icyuho kikigaragara mu bijyanye n'ubumenyi bukenerwa ku isoko ry'umurimo



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-mu-mikoranire-na-kaminuza-ya-new-york

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)