Amakuru IGIHE yamenye ni uko ubu bujura bwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 14 Nyakanga 2025.
Umuyobozi w'Akarere ka Rutsiro wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu, Uwizeyimana Emmanuel yabwiye IGIHE ko batangiye iperereza n'ibikorwa byo kurishakisha bafatanyije n'abaturage hamwe n'inzego zishinzwe umutekano.
Ati 'Turi kumwe n'abaturage turi kubikurikirana, ikiriho ni uko ubu ridahari (Ibendera) ariko ntituramenya neza uko byagenze ngo ryibwe, ari nayo mpamvu iperereza rikomeje ku bufatanye n'izindi nzego.'
Yakomeje asaba abaturage kumva ko ari inshingano zabo kurinda ibirango by'Igihugu, no kurushaho kwicungira umutekano batibagiwe ku nyubako za Leta.