Ukekwa yafatiwe muri uru rugo ku wa 21 Nyakanga 2025, saa tanu z'ijoro. Avuga ko impamvu yabimuteye ari uko yashakaga gutera ubwoba uwo muturanyi kugira ngo yimuke kuko bari bafitanye amakimbirane.
Byabereye mu Mudugugudu wa Rwumvangoma Akagari ka Giheke mu murenge wa Giheke. Ni nyuma y'aho tariki 20 Nyakanga 2025 uwo muturage yakuriwe ibijumba mu murima we n'abantu batahise bamenyekana.
Ukekwa afungiye kuri RIB sitasiyo ya Kamembe mu gihe iperereza ku byaha akekwaho rikomeje.
Mu bigikurikiranwa harimo kuba umwaka ushize nabwo yarafungiwe ibikorwa nk'ibi gusa akaza kurekurwa.

Umugabo washinze imisaraba ibiri mu rugo rw'umuturanyi, yafunzwe