Nyuma y'uko ibyo bibaye, Leta y'u Rwanda yafashije abagizweho ingaruka n'ibyo biza ndetse ishyira imbaraga mu gufasha abaturage guhugurwa uburyo ibiza bitazongera kubibasira, aho bazajya bamenya guhangana na byo.
Binyuze mu Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku biribwa n'ubuhinzi (FAO) n'Ibiro by'u Buyapani bishinzwe guteza imbere umubano wabwo n'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, hashowe arenga miliyoni 600 Frw mu gufasha abaturage bo mu turere twa Rutsiro na Burera turi mu twagizweho ingaruka n'ibi biza.
Mu bikorwa bitandukanye byakozwe mu gihe cy'umwaka uyu mushinga wamaze harimo ko abantu bagera ku 100 bahuguwe ku buryo bashobora guhangana n'imihindangurikire y'ikirere ndetse n'abakozi bo muri utu turere bagera kuri 50 na bo barahugurwa.
Muri Rutsiro hubatswe ikiraro kimwe, hubakwa igikorwa remezo gitangira amazi, ikiyayungurura, ikindendezi cy'amazi kizajya cyuhira muri hegitari eshatu ariko bishoboka ko mu gihe kiri imbere kizajya cyuhira muri hegitari 10, ndetse n'ibindi bikorwa bitandukanye birimo imiyoboro y'amazi
Naho mu Karere ka Burera hubatswe ibiraro bibiri, umuyoboro w'amazi wa kilometero ebyiri ndetse n'ibindi bitandukanye byo kwirinda ibiza.
Ubwo hamurikwaga ibi bikorwa, uwari uhagarariye umuyobozi wa FAO, Mehnaz Parach, yashimiye cyane Guverinoma y'u Rwanda yabafashije gukora iyi mishinga ndetse anavuga ko bizeye ko ibikorwa byose byakozwe muri utu turere bizeye ko bizabungabungwa n'abaturage neza mu rwego rwo gukomeza guhangana n'imihindangurikire y'ikirere ikunze kwibasira utu turere.
Yagize ati 'Twizeye ko ibyavuye muri uyu mushinga byagiriye akamaro kandi ko bizakomeza guteza imbere abaturage batuye mu turere twa Rutsiro na Burera.'
Yakomeje avuga ko nubwo iki gikorwa cyije mu gihe Isi iri mu bihe bidasanzwe by'imihindangurikire y'ikirere isigaye iba ikangiza ibikorwa bitandukanye gusa aba ari ibintu byiza kubona bibyazwamo umusaruro nko kubona amazi azajya abasha gutangirwa akazajya yifashishwa mu kuhira imyaka y'abaturage.
Umuyobozi muri Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi Ushinzwe Guteza Imbere Ubuhinzi Buvuguruye, Dr. Karangwa Patrick, yagaragaje ko ari ibintu by'ingenzi kubona amazi abantu bafata nk'ateza ibiza abyazwamo umusaruro.
Ati 'Ni ibintu by'ingenzi kubona amazi yateye ibiza ndetse n'ibindi bibazo bitandukanye ubungu ari kubyazwamo umusaruro mu guteza imbere ibikorwa by'abaturage birimo ubuhinzi ndetse n'ibindi.'
Yakomeje agaragaza ko u Rwanda rufite gahunda yo kongera ubuso bwuhirwa ku kigero cya 85% mu myaka itanu iri imbere.
Ntabwo ari mu Rwanda gusa FAO yateye inkunga yo guhugura abaturage guhangana n'ibiza aho kubera ko no muri Kenya hashowemo agera kuri miliyoni 600 yo guhangana n'ibyo bibazo biterwa n'ibiza






