Dr. Ngabitsinze wabaye Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda yatangiye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Dr. Ngabitsinze yatorewe izo nshingano mu mpera za Mata 2025 aho yagizwe Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Loni n'Umuyobozi Mukuru wa African Risk Capacity Group.

Ubutumwa iki kigo cyanyujije ku rubuga rwa LinkedIn buvuga ko kujya muri uwo mwanya kwa Dr. Ngabitsinze ari icyarecyezo gishya kubera bitewe n'ubunararibonye afite.

Bwagiraga buti 'Afite ubunararibonye bwo mu kazi yakoze muri Guverinoma [y'u Rwanda] kandi asobanukiwe neza amahirwe yihariye Afurika ifite n'imbogamizi zikiyizitiye. Agaragaza kandi ishyaka mu guharanira iterambere rirambye. Twzieye ko ubwo bunanaribonye ari ingenzi mu guha icyerecyezo ahazaza ha ARC.'

Dr. Ngabitsizne yakoze imirimo itandukanye muri Leta y'u Rwanda harimo mu Nteko Ishinga Amategeko yabaye umudepite nyuma akaza no kuyobora Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y'Imari n'Umutungo wa Leta (PAC).

Yabaye kandi Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi nyuma aba Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda kugeza ku wa 30 Nyakanga 2022 ubwo yakurwaga muri izo nshingano.

Dr Ngabitsinze yatangiye inshingano nk'Umuyobozi Mukuru wa African Risk Capacity Group



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/dr-ngabitsinze-wabaye-minisitiri-w-ubucuruzi-n-inganda-yatangiye-inshingano

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)