Byamenyekanye ko Perezida wa Iran yakomerekeye mu bitero bya Israel - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Aya makuru yashyizwe n'ikinyamakuru cyo muri iki gihugu, Fars, ku wa 12 Nyakanga 2025, aho cyatangaje ko ubwo habaga inama yahuzaga abayobozi bakomeye muri Iran yiga ku mutekano w'iki gihugu, aribwo Israel yagabye ibi bitero bikomeye mu burengerazuba bwa Tehran.

Ku wa 16 Kamena, ni bwo Israel yagabye ibyo bitero bikomeye birimo ibisasu bitandatu mu nyubako iri mu butaka yari yabereyemo inama yigaga ku mutekano wa Iran aho yari yahuje Pezeshkian n'abandi bayobozi bakuru b'iki gihugu.

Icyo gitero cyangije byinshi harimo n'ibura ry'umuriro, ibyatumye abari bitabiriye iyo nama bahunga aribyo byaje kuviramo Pezeshkian avunika akaguru ubwo yageragezaga guhunga aharashwe na Israel

Fars yagaragaje ko iki gitero Israel yagabye kimeze kimwe nk'icyo iheruka gukora muri Nzeri 2024 mu mujyi wa Beirut wo muri Liban, cyahitanye umuyobozi w'umutwe wa Hezbollah, Hassan Nasrallah.

Ku wa 24 Kamena, nibwo Leta ya Iran n'iya Israel byemeye guhagarika intambara yari imaze iminsi 12 birasanaho ubudahagarara.

Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian yakomerekeye mu bitero byagabye na Israel muri Iran



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/byamenyekanye-ko-perezida-wa-iran-yakomerekeye-mu-bitero-bya-israel

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)