Umwana w'amezi 10 wabazwe kanseri y'umwijima yavuye mu bitaro ari mutaraga - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku itariki 28 Gicurasi 2025 ni bwo abaganga bo muri CHUK babashije kubaga umwana wari urwaye kanseri y'umwijima aho byamaze amasaha icyenda.

Nyuma y'icyumweru yitabwaho, ku wa 4 Kamena 2025, CHUK yatangaje ko yaserewe mu bitaro kandi ameze neza nk'uko bishimangirwa na Dr. Ndibanje Alain Jules uri mu mu itsinda ry'abaganga bakoze icyo gikorwa.

Yagize ati 'Umwana yakangutse neza ameze neza aronka. Uyu munsi twafashe icyemezo cyo kumusezerera noneho akomezanye n'abaganga batanga imiti kugira ngo barebe niba hari ubundi bufasha yakenera mu guhabwa imiti ya kanseri.'

Umuganga utera ikinya abana bakiri bato muri CHUK, Dr. Nizeyimana Françoise yavuze ko nubwo kubaga uyu mwana kari akazi gakomeye ariko byagenze neza kuko nyuma yabyo atigeze ashyirwa ku mashini nk'abandi barwayi.

Nyina w'uyu mwana utuye mu Karere ka Musanze, Nyirahategekimana Eritha yabwiye RBA ko ubwo buvuzi umwana we yahawe abufata nk'intambwe ikomeye urwego rw'ubuvuzi mu Rwanda rumaze kugeraho.

Yavuze ko umwana we yatangiye kugaragaza ibimenyetso by'uburwayi afite amezi atatu gusa ariko ko atari kubona ubushobozi bwo kubona ikiguzi cyo kumuvuza agashimangira ko ari ikimenyetso cy'imiyoborere myiza kuba byarashobotse.

Ati 'Mutuelle de Santé yaramfashije cyane kuba izi opérations zarakozwe ari yo twishyuriraho kandi ni bwo bsuhingizi bwishyura makeya ubundi burahenda. Ni umwana wange byahereyeho kandi byagenze neza biranejeje ndasabira n'umugisha abaganga ba CHUK bakoze uko bashoboye.'

Uyu mwana wabazwe yakuweho 70% by'umwijima byari bifite ikibazo hasigara 30% byawo udafite ikibazo kandi abaganga bemeje ko ushobora gukora ubuzima bugakomeza.

Kubaga uwo mwana umwijima ni igikorwa cyamaze amasaha icyenda



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umwana-w-amezi-10-wabazwe-kanseri-y-umwijima-yavuye-mu-bitaro-ari-mutaraga

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)