BK Foundation yatanze impamyabumenyi kuri ba rwiyemezamirimo 138 - #rwanda #RwOT

webrwanda
3 minute read
0

Ni gahunda igamije kuzamura ba rwiyemezamirimo bafite intego yo kwagura ibikorwa byabo, barengera ibidukikije ndetse no gukoresha neza umutungo kamere aho abafite imishinga myiza bazahabwa inguzanyo igera kuri miliyoni 30 Frw yishyurwa nta nyungu.

Umwe mu basoje ayo mahugurwa, Uwababyeyi Olive, ufite umushinga wo korora inkoko, yavuze ko aya mahugurwa yayungukiyemo byinshi mu bijyanye no gutegura umushinga cyane cyane igendanye no kurengera ibidukikije. Yongeyeho ko uretse kwiga gutegura umushinga, yize no gucunga umutungo.

Ati 'Ubworozi bwanjye bw'inkoko bugira ifumbire, kandi iyo ngurishije ifumbire cyangwa nkayishyira mu mirima, mba ndengera ibidukikije kubera ko ibiti iyo biyibonye bikura neza nta kibazo, ni bwo buryo umushinga wanjye urengeramo ibidukikije.'

Mugiraneze Augustin afite umushinga wo gukora ifumbire y'imborera, avuga ko bungukiye byinshi mu mahugurwa kandi nta kabuza ko bizabafasha mu bucuruzi bwabo.

Ati 'Usanga ikirere kitugiraho ingaruka nyinshi zikomeye, tukaba tuje nk'abantu bifuza ko nyuma y'aya mahugurwa tumaze gucamo, tureba icyo twakora uko twari abantu batandukanye barenga 100. Bizatuma buri muntu mu bucuruzi bwe hiyongeramo nibura agace ko kurengera ibidukikije cyangwa kurushaho kunoza ibyo wakoraga harimo no kurinda ikirere n'ibidukikije.'

Umukozi wa BK Foundation ushinzwe gahunda zayo, Pascal Nkurunziza, yavuze ko nyuma y'amahugurwa hakurikiraho ko ba rwiyemezamirimo bakora imishinga yabo neza, bakazagira igihe cyo kuyitanga hagatoranywamo imyiza kurusha indi, ari na yo izahabwa igishoro.

Ati 'Turateganya hagati y'imishinga 30 na 40, bivuze ko uko umubare w'abaka amafaranga menshi uba munini ni ko umubare w'abahabwa amafaranga uba muto.'

Umujyanama w'Umushinga mu bijyanye n'Ibikorwa byo Gukora no Gukoresha Ibidukikije muri GIZ Rwanda, Sandy Mukundente, yashimiye ubufatanye bwa BK Foundation muri uyu mushinga, avuga ko bizafasha igihugu kugera ku ntego yacyo yo kugabanya ibyangiza ikirere no kugera ku bukungu burambye.

Ati 'Abashoramari bagaragaje ubushake bwo kumenya uburyo bategura imishinga yabo, by'umwihariko mu gucunga umutungo. Tugiye gukurikirana uko bazabishyira mu bikorwa kugira ngo bagire uruhare mu ntego z'igihugu.'

Yongeyeho ko amafaranga azatangwa ku bashoramari binyuze mu nguzanyo yishyurwa nta nyungu akazasubira mu kigega, bityo akazabasha kugera ku bandi bazafashwa na 'Urumuri Program'.

Ba rwiyemezamirimo bagera ku 138 bahawe impamyabumenyi
Abashoramari bafite imishinga ijyanye no kurengera ibidukikije bahawe amahugurwa
Umukozi wa BK Foundation ushinzwe gahunda zayo, Nkurunziza Pascal, yasabye ba rwiyemezamirimo kugenda bagategura neza imishinga yabo bakurikije ubumenyi bahawe
Hazatoranywa imishinga iri hagati ya 30 na 40 izahabwa inguzanyo
Hazatoranywa imishinga iri hagati ya 30 na 40 izahabwa inguzanyo
Nkurunziza yashimiye ba rwiyemezamirimo basoje amahugurwa muri "Urumuri Program"
Abashoramari bahuguwe bavuze ko uretse kwiga gutegura imishinga bize no gucunga umutungo
Imishinga izatsinda izahabwa inguzanyo igera kuri miliyoni 30 Frw yishyurwa mu myaka itatu



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bk-foundation-yatanze-impamyabumenyi-kuri-ba-rwiyemezamirimo-138

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)
Today | 26, July 2025