ULK Gisenyi: Beretswe amahirwe yo gushora ku isoko ry'imari n'imigabane - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibi byagarutsweho ku wa Kane, tariki 22 Gicurasi 2025, mu bukangurambaga buri gukorwa n'Urwego rugenzura Isoko ry'Imari n'Imigabane ry'u Rwanda (CMA) bwo kwigisha no kwereka urubyiruko rwiga muri kaminuza amahirwe yo gushora ku Isoko ry'Imari n'Imagabane ry'u Rwanda (RSE) rukiri ku ntebe y'ishuri.

Urubyiruko rusobanurirwa birambuye imikorere y'isoko ry'imari n'imigabane nko kwizigamira mu buryo bwo gushora imari.

Ishimwe Liliane wiga mu mwaka wa Kabiri mu ishami ry'Amategeko muri iyi ULK ishami rya Gisenyi yabwiye IGIHE ko yasobanukiwe uburyo bwo kwizigamira ahereye ku mafaranga make, ndetse ko yiteguye kugana iri soko ry'imari n'imigabane.

Ati 'Nubwo nta mafaranga yo kwizigama mfite ubu, ariko nafunguye konti, kuko nshaka kuzajya nshyiraho make make, kubera ko tweretswe amahirwe n'ingero z'uko yakwiyongera, twabonye ko hari ababigerageje bigakunda, natwe rero dusanga byakunda.'

Yanakomeje avuga ko yanyuzwe n'uburyo CMA yabigishije uko baba abashoramari mu bushobozi buke bafite kandi ko babyitezemo inyungu n'amahirwe menshi mu iterambere ry'ahazaza habo.

Umuyobozi wa kaminuza ya Kigali wungirije ushinzwe amasomo ishami rya Gisenyi, Hagumimana Frank yabwiye abanyeshuri ko ibyo bigishijwe bitakabaye amasigara cyicaro.

Umukozi muri RNIT Itereambere Fund, Ndisanze Jean Paul yasabye abanyeshuri kwihangana kugira ngo bagere ku nshingano, bakajyanisha intego zabo n'ubuzima babayeho.

Ati 'Intego y'ubuzima mu bayemo mu yijyanane no kwizigama, kandi mugire ukwihangana kuko igihe ari cyo kigena byose kandi mukaba ntaho mwagihungira.'

Yanabibukije ko urugendo rw'iterambere rusaba ubwizigame, kandi hakabaho guhuza imbaraga.

Umujyanama mu bya Tekiniki mu Rwego rw'u Rwanda rugenzura isoko ry'imari n'imigabane (CMA), Dr. Ndahiro James, yasabye urubyiruko kugira umuco wo kwizigamira.

Ati 'Kwizigamira ni umuco abantu bakwiye kugira hakiri kare kugira ngo bazabashe guhangana n'ibibazo biri imbere. Iyo utazi kuzigama nubwo wagira miliyari urayangiza bikarangira igupfiriye ubusa. Aho wifuje kugera ni ho ugera.'

Ubu bukangurambaga buri gukorwa buzakomeza buzenguruke Igihugu, ariko by'umwihariko ku wa 20 Kamena 2025 urubyiruko rugize 'Capital Market Youth Forum' ruzateranira i Kigali rwigishirizwe hamwe.

Umuyobozi wa kaminuza ya Kigali wungirije ushinzwe amasomo ishami rya Gisenyi, Hagumimana Frank yibukije aba banyeshuri ko ibyo bigishijwe bitakabaye amasigara cyicaro
Abanyeshuri bahawe impanuro nyinshi ziganisha ku kamaro ko kwizigamira
Abakozi ba CMA bazwi nk'aba Brockers nabo bari bahari ndetse barimo no gufasha abifuje gufunguza Konti
Umujyanama mu bya Tekiniki mu Rwego rw'u Rwanda rugenzura isoko ry'imari n'imigabane (CMA), Dr. Ndahiro James, yasabye urubyiruko kugira umuco wo kwizigamira
Umukozi muri RNIT Ndisanze Jean Paul yabasabye urubyiruko kwihangana kugira ngo rugere ku ntego
Umuyobozi wa kaminuza ya Kigali wungirije ushinzwe amasomo ishami rya Gisenyi, Hagumimana Frank yibukije aba banyeshuri ko ibyo bigishijwe bitakabaye amasigara cyicaro



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ulk-gisenyi-beretswe-amahirwe-yo-gushora-ku-isoko-ry-imari-n-imigabane

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)