Ni muzima, nta kibazo cy'imvune ubu afite ahubwo ni amahitamo y'umutoza yatumye Niyigena Clement adakina umukino APR FC yaraye itsinzwemo na Al Hilal SC 4-0.
Niyigena Clement aheruka mu kibuga tariki ya 5 Mata 2026 mu mukino wa Shampiyona batsinzemo AS Muhanga 1-0, kuva icyo gihe kugeza uyu munsi ntarongera gukina aho yagize ikibazo cya 'Cheville'.
Mbere y'umukino wa Rayon Sports wabaye mu mpera z'icyumweru gishize, Niyigena Clement yavuze ko ataraba 100% ku buryo yakina uyu mukino w'abakeba.
Ku munsi w'ejo hashize ubwo APR FC yakinaga na Al Hilal SC, benshi batunguwe no kutabona uyu mukinnyi mu bakinnyi bari bwifashishwe.
Amakuru avuga ko uyu mukinnyi ameze neza 100% ndetse yakoze imyitozo azi ko azakina ariko na we atungurwa no kubona umutoza atamugiriye icyizere.
Bivugwa ko Niyigena Clement yari yiteguye kwereka iyi kipe yamwifuje ndetse bikaba bivugwa ko anayifitiye imbanziriza masezerano ko itamwibeshyeho, gusa ntabwo yagize amahirwe yo gukina kuko binavugwa ko iki ari kimwe mu byo umutoza yagendeyeho yanga kumukinisha.
Niyigena Clement uri ku mpera z'amasezerano ye muri APR FC, yemera ko nta biganiro aragirana na APR FC byo kuyongerera, gusa amakuru avuga ko yamaze kumvikana na Al Hilal SC ku buryo umwaka utaha w'imikino azayikinira.
Source : http://isimbi.rw/ni-gatanya-isigaye-gusinywa-kuki-niyigena-clement-adakinira-apr-fc-kandi.html