Guhangana n'inzego z'umutekano mubihagarike - Minisitiri Biruta aburira Abanya-Rubavu - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Tariki ya 18 Mata 2025, abaturage bateye amabuye abashinzwe umutekano ubwo bageragezaga gufata ibicuruzwa byinjijwe mu gihugu binyuze mu nzira zinyuranyije n'amategeko (magendu), bigacururizwa mu isoko bise mpuzamahanga.

Ku wa Kabiri tariki 13 Gicurasi 2025 mu nteko y'abaturage, Minisitiri Biruta yaganiriye n'abatuye Imirenge ya Cyanzarwe na Rubavu, yiganjemo ubu bucuruzi butemewe bwambukiranya umupaka.

Ati 'Abakora ubucuruzi butemewe baba bakoze ibyaha, twebwe abaturage dusanzwe duhurira hehe no gushyigikira imikorere y'abo bantu? Inzego z'umutekano ziraje zikoze akazi kazo ko kubafata, abantu bagahaguruka ngo aba bantu ni abacu reka duhangane n'inzego z'umutekano, ibyo bintu muzabireke, kubera ko bifite ingaruka.'

'Ibyo bintu byo kwifatanya n'abagizi ba nabi mubivemo ejo bitazagira abo bigiraho ingaruka, kuko ababifatiwemo bakurikiranwa n'inzego zibishinzwe, kandi ntibikwiriye gukomeza.'

Yakomeje avuga ko guhangana n'inzego z'ubuyobozi n'iz'umutekano bidakwiriye kuko akazi baba bakora ari ako kubungabungira abaturage umutekano no kubashakira ibyiza.




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/guhangana-n-inzego-z-umutekano-mubihagarike-minisitiri-biruta-aburira-abanya

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)