Nyaruguru: Barindwi batawe muri yombi bakekwaho ubujura no kwenga inzoga zitemewe - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Byabaye mu gitondo cyo ku wa 14 Gashyantare 2025, mu rwego rwo gukumira no kurwanya icyaha cy'ubujura, kigaragara mu karere ka Nyaruguru.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyeppfo, yabwiye IGIHE ko abatawe muri yombi ari abo mu Murenge wa Munini, mu tugari n'imidugudu itandukanye.

Yavuze ko Polisi yazindutse ibashakisha, igafata abasore 7 bakekwaho ubujura butandukanye harimo gutega abantu bagamije kubambura ibyo bafite, kwiba imyaka ndetse hakaba harimo n'uwengaga inzoga zitujuje ubuziranenge zigira ingaruka nyinshi zirimo guteza umutekano muke, guteza uburwayi butandukanye n'ibindi.

Yagize ati 'Ni byo koko, abafashwe ubu bafungiye kuri Sitatiyo ya Polisi ya Kibeho.'

Yashimye ubufatanye bw'abaturage mu gutanga amakuru, akomeza ashishikariza n'abandi bose kutihererana amakuru ku banyabyaha kugira ngo ibyaha bikomeze gukumirwa.

Barindwi bafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kibeho



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyaruguru-barindwi-batawe-muri-yombi-bakekwaho-ubujura-no-kwenga-inzoga

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)