Kuri uyu munsi, abakirisitu bizihiza ivuka rya Yezu/Yesu Kristo, abantu benshi b'ibyamamare bifashishije imbuga nkoranyambaga zitandukanye bifuriza ababakurikira Noheli nziza, abandi bakifashisha amashusho n'amafoto berekana uko bayizihije.
Bamwe muri bo ntibanategereje ko Noheli igera, kugira ngo bifotozanye n'imiryango yabo nk'uko bagiye babigaragaza ku mbuga zirimo Instagram, X [Twitter], Snapchatt n'izindi.
Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku mafoto ya bamwe mu byamamare mu ngeri zinyuranye zirimo imyidagaduro, ruhago, iyobokamana n'ibindi, basangije ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga uko bizihije uyu munsi.
Abenshi muri ibi byamamare, bafashe amafoto meza aryoheye ijisho bari hamwe n'imiryango yabo bagaragaza ko bishimiye gusangira n'abo bakunda uyu munsi ufite igisobanuro cyihariye ku Bakristo.
Barack Obama wahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika n'umuryango we bishimiye gusangira umunsi mukuru wa Noheli


Isimbi Model n'umuryango we ni uko bizihije Noheli






Miss Rwanda 2016 Mutesi Jolly ni uko yariye Noheli










Miss Muyango yasangiye Noheli n'abana bato

Zari aryohewe n'ibiruhuko by'iminsi mikuru


Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasangiye Noheli n'umuryango we


Isimbi Abiella wabaye Nyampinga wa Kaminuza y'u Rwanda yizihije Noheli ari hamwe n'umuryango we

Umunyarwenya Rusine Patrick na we ni uko yizihije Noheli




Abarimo Miss Ishimwe Naomie witegura kurushinga n'abavandimwe be bizihije Noheli



Umuhanzi Drake yizihije Noheli


Abaramyi Ben na Chance bifurije abantu bose Noheli nziza n'umwaka mushya muhire wa 2025



Igikomangoma cya Wales n'umuryango we




Umukinnyi wa filime wamamaye nka Bijoux

MC Brian n'umuryango we bishimiye Noheli
Umuherwe wa mbere ku Isi Elon Musk yagize ibihe byiza kuri Noheli





Sheebah Karungi yifashishije umwana we mu kwifuriza abakunzi be Noheli nziza


Umuhanzikazi Simi, umugabo we Adekunle n'umukobwa wabo ni uko bizihije Noheli




Christiano Ronaldo n'umuryango we mu byishimo bya Noheli

Keza Terisky n'umuhungu we bari babyambariye






Umuhanzi John Legend witegura kuza gutaramira mu Rwanda yizihije Noheli ari kumwe n'umuryango we


Umukundwa Cadette ni uko yayizihije




Umuhanzikazi Spice Diana



Umuhanzikazi Shensea

Lupita Nyong'o yasangiye Noheli n'injangwe ye




Lesego Chombo uherutse kugirwa Miss World Africa yahawe impano kuri uyu munsi udasanzwe


Ababishoboye basangiye uyu munsi n'imiryango yabo