Umunsi ku wundi, isura y'Umujyi wa Kigali irahinduka. Inyubako zizamurwa ubutitsa ndetse magingo aya, hari nyinshi ziri kuzamuka mu buryo budasanzwe zigiye guhindura isura y'umujyi.
Mu nyubako zitezwe mu minsi ya vuba, harimo nk'iri kubakwa hafi y'Umujyi wa Kigali izakoreramo Equity Bank, harimo iri kubahwa ahohoze hitwa kwa Venant, izakorerwamo ibikorwa by'ubucuruzi n'izindi nyinshi.
Inyubako ya Kigali Financial and Business Square
Ni inyubako izaba yubatse mu buryo butangiza ibidukikije, izaba ifite igice kimwe cy'amagorofa 24 ashobora gukoreshwa nk'ibiro, n'ikindi gice kigizwe na hotel n'inzu zo guturamo ifite amagorofa 20.
Ni mushinga wa miliyoni 100$ w'inyubako ebyiri ndende ziteye kimwe (Twin Tower).
![]()
Inyubako ya Kigali Financial and Business Square iri kubakwa mu Mujyi wa Kigali, izuzura itwaye miliyoni 100$
![]()
Ni inyubako izaba yubatse mu buryo butangiza ibidukikije, izaba ifite igice kimwe cy'amagorofa 24 ashobora gukoreshwa nk'ibiro, n'ikindi gice kigizwe na hotel n'inzu zo guturamo ifite amagorofa 20
![]()
Kigali Financial and Business Center izagira uruhare runini mu guhindura isura y'Umujyi wa Kigali
![]()
Izaba ari imiturirwa ibiri (Twin Tower)
![]()
Ibikorwa byo kubaka iyi nyubako biri gukorwa ku muvuduko uri hejuru
![]()
Abakozi bari gukora cyane bagamije kuyisoza vuba
![]()
Kigali Financial Square yashyizweho ibuye ry'ifatizo muri Kamena 2022
![]()
Iyi nyubako ifite umwihariko wo kuzaba iri mu nyubako ndende mu Mujyi wa Kigali
![]()
Byitezwe ko ibigo bikomeye mu by'imari ku mugabane wa Afurika bizafungura ibiro muri iyi nyubako
![]()
Iyi nyubako izakorerwamo ibikorwa byiganjemo ibijyanye n'imari
![]()
Iyi nyubako ya Kigali Financial Square iri kubakwa mu kibanza kigari kiri hagati y'Ibiro by'Umujyi wa Kigali n'inyubako ikoreramo Ecobank. Ni hagati ya Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi (MINECOFIN) na Imbuga City Walk
Inyubako iri iruhande rwo kwa Kanimba
![]()
Iyi nyubako yuzuye mu Mujyi ku muhanda uva kuri Peyaje
![]()
Mu minsi mike iraba yatangiye gukorerwamo
Inzovu Mall
Ni inyubako iri kubakwa ku buso bwa metero kare 40 000, izaba irimo hotel y'inyenyeri enye ifite ibyumba 95, igice kinini cyahariwe ibiro, ahantu hashobora gukodeshwa, amaguriro agezweho, ahantu hacururizwa ibinyobwa n'ibiribwa, za restaurants, ahakorera za banki, amavuriro, ahantu h'imyidagaduro n'ibindi.
![]()
Inzovu Mall iri kubakwa hafi ya Kigali Convention Centre
![]()
Ni inyubako izaba irimo ibikorwa by'ubucuruzi hamwe na hotel y'inyenyeri enye
![]()
Imirimo yayo iri kwihutishwa ku buryo izaba yarangiye mu 2025
![]()
Inyubako ya Inzovu Mall iri kubakwa
![]()
Iimrimo yo kubaka iyi nyubako irarimbanyije
Inyubako iri iruhande rwa KBC
Inyubako ya Landmark One
![]()
Inyubako ya Landmark One ni uku izaba iteye
![]()
Iyi nyubako isa n'iyuzuye n'ubwo hari imirimo ya nyuma igikorwaho
Inyubako ya Catch up Mixed-use Center
![]()
Iyi nyubako y'ubucuruzi iri kubakwa mu kibanza giteganye n'amasangano yo mu mujyi rwagati
![]()
Irikubakwa ahahoze hitwa kwa Venant hafi ya Rond Point
![]()
Irikubakwa ahahoze hitwa kwa Venant hafi ya Rond Point
![]()
Imirimo yo kubaka iyi nyubako iracyari mu ntangiriro
![]()
Inyubako ya Catch up Mixed-use Center ni uku izaba imeze, iri kubakwa hafi na MIC
Inyubako ya Norrsken Kigali
![]()
Iherereye mu Mujyi rwagati ahasanzwe hakorera Norrsken
![]()
Ni inyubako yubatswe mu buryo butangiza ibidukikije
![]()
Ni imwe mu zizatuma isura y'Umujyi wa Kigali ihinduka bitewe n'ubwiza bwayo
![]()
Ni inyubako ifite umwihariko wo kurengera ibidukikije
![]()
Inyubako nshya ya Norrsken Kigali iri kugana ku musozo
Inyubako iri iruhande rwa Sanlam
![]()
Iyi nyubako iri mu Mujyi wa Kigali rwagati
![]()
Uku ni ko iyi nyubako igaragara iyo uyirebye uturutse munsi
![]()
Iyo uyirebeye imbere ni uku igaragara
![]()
Ni inyubako iri kugana ku musozo
Mövenpick Hotel
Ahari Hotel Umubano hari guhindurwa, hubakwa hotel nshya igezweho izaba ifite izina rya Mövenpick Hotel. Biteganyijwe ko iyi mirimo yose izarangira mu 2025 ari nabwo iyi hoteli izongera gufungura imiryango.
![]()
Iyahoze ari Hotel Umubano irimo kuvugururwa
![]()
Iyi Hoteli izaba iri ku rwego mpuzamahanga
![]()
Iyi Hoteli izaba iri ku rwego rwo hejuru
![]()
Ikigo cya Kasada Capital Management nicyo kizaba kigenzura iyi Hoteli
![]()
Iyi Hoteli yahoze ifite izina rikomeye cyane mu Rwanda
![]()
Mövenpick Hotel izafungura imiryango mu 2025 iri ku rwego rwa hotel y'inyenyeri eshanu
![]()
Miliyoni 30$ zizakoreshwa mu kuvugurura iyahoze ari Umubano Hotel ibe hotel ijyanye n'igihe
![]()
Izaba ifite ibyumba byiza, ibice bifasha abantu kuruhura umubiri ndetse n'ahantu bashobora gukorera batuje
Umuyenzi City Center
Umuyenzi City Center izaba ifite amagorofa 15, iherereye mu Kiyovu hafi ya I&M Bank. Izaba ikoreshwa mu bikorwa by'ubucuruzi, ibiro ndetse ifite n'aho abantu bashobora gukoresha nk'amacumbi. Amagorofa atandatu ya nyuma azakoreshwa nka apartments.
![]()
Igishushanyo mbonera cya Umuyenzi City Center
![]()
Ibikorwa byo kubaka iyi nyubako biri kwihuta
![]()
Iyi nyubako iri kubakwa mu Mujyi wa Kigali hafi na I&M Bank
![]()
Ni inyubako izaba ibereye ijisho niyuzura
![]()
Ibikorwa byo kuyubaka birarimbanyije
![]()
Iyo uyirebeye inyuma ubona izaba ari inyubako ngari
![]()
Iyi nyubako iracyarimo kuzamurwa
![]()
Iyi nyubako izaba ikorerwamo ibikorwa bitandukanye
![]()
Abakozi bakora imirimo inyuranye kugira ngo iyi nyubako yuzure barakataje
Zaria Courts
Zaria Court Kigali ni umushinga w'iterambere ukubiyemo ahantu hazajya habera imikino, ibikorwa by'umuco n'amacumbi arimo hoteli ndetse n'ihahiro rigezweho.
Iki gikorwaremezo kizatahwa mu ntangiriro za 2025, kigiye kubakwa i Remera mu gace kahariwe ibikorwaremezo bya siporo kazwi nka 'Kigali Sports Hub' karimo Stade Amahoro na Petit Stade ziri kwagurwa ndetse na BK Arena yubatswe mu 2019.
Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kigali-irabagirana-aho-imiturirwa-izamurwa-ubutitsa