Buri kwezi mu Rwanda hinjira ibikomoka kuri peteroli litiro miliyoni hafi 50 - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni ibyagarutsweho mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside y'akorewe Abatusti, ubwo hibukwaga abahoze bakora umwuga wo gucuruza ibikomoka kuri peteroli.

Umuyobozi Mukuru w'Ihuriro ry'Abacuruza ibikomoka kuri Peteroli, Eric Mutaganda yatangaje ko mu myaka 30 ishize urwego rw'abacuruza ibikomoka kuri peteroli rwiyubatse mu buryo bukomeye aho ubu rugizwe n'ibigo 15, bikoresha abakozi benshi kandi bigatanga imisoro myinshi.

Ati ''Ibintu byose kwari ukubisubiramo, ari ukwiyubaka bundi bushya byasabye imbaga nyinshi ariko igihugu cy'u Rwanda ntabikinanira harimo ubushake barabikora kandi twabigezeho. Ubu mu Rwandad hinjira ibikomoka kuri peteroli biri hagati ya litiro miliyoni 40 na miliyoi 50 buri kwezi.'

Yagaragaje ko mu rugendo rwo kwiyubaka bakora ibishoboka byose bakinjiza urubyiruko muri uyu mwuga ariko banashyira imbaraga mu gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati 'Twigisha urubyiruko kugana ikigo cyacu ku buryo ibintu bikomoka kuri peteroli no kubigisha kumenya ko ari ibintu bikomeye ku gihugu bagomba kubisigasira kandi bikadufasha kwiyubaka cyane cyane dufasha imiryango y'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.'

Havugimana Francine wari ufite ababyeyi bacuruzaga peteroli mbere ya 1994 yagaragaje ko na mbere abagize iri huriro bagiraga ubumwe.

Yagaragaje ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga iwabo bahise batangira kuharasa ndetse tariki 7 Mata 1994 igitero cy'abasirikare cyaje kwica iwabo bica ababyeyi ariko abana bararokoka.

Ati 'Papa yaranabitubwiraga ati njye ninapfa abana bazasigara…nta cyizere cyari gihari cy'uko twasigara, twari kumwe na bo mu nzu biba, rero gusigara kwacu ntabwo ari impuhwe twagiriwe n'ababishe ahubwo ni uko batatubonye.'

Yagaragaje ko umubyeyi we yari afite amakamyo 11 yari muri Kenya, uwagerageje kubahungishirizayo na bwo abo muri ambasade bashatse kubivugana.

'Twaje gutungurwa no kubona ambasaderi w'u Rwanda muri Kenya aje kutureba, iyo muri abana umuntu wese mubonye mugira ngo ni ubagirira neza, ubwo yaje afite apareye yafotoraga ifoto igahita isohoka baradufotora batubwira ko bagiye kudushakira pasiporo.'

'Icyatumye tubyibazaho ni uko abandi Banyarwanda bari bari aho mu kibuga bose baramusabye bati ese natwe wadufotoye ukaduha pasiporo? Arabangira afotora njyewe n'abo tuvukana.'

Aha ngo ntibyari gushoboka ko umuntu asohoka mu kibuga cy'ingege adafite uru rupapuro rw'inzira.

'Nyuma gato twaje gusobanukirwa ko bitari ibyiza yadushakiraga kuko papa yakoraga ubucuruzi akoresheje amakamyo, 11 yari ari muri kenya akora, bivuga ngo we yari abifiteho amakuru ashaka kugira ngo batwice na ya makamyo bayasigarane. Wari umugambi utararangiriraga ahantu hamwe, byari ibintu by'indengakamere.'

Nyuma yo kurokoka Havugimana avuga ko abantu babanye na papa we mu rwego rw'abikorera ari bo bamubereye umuryango haba mu byiza ndetse no mu bihe bibi.

Mu Rwanda hakoreshwa lisansi ingana na litiro miliyoni 11 ku kwezi mu gihe mazutu yo iba ingana na litiro miliyoni 26 ku kwezi. Ingano nini yinjira mu gihugu muri iki gihe, ituruka muri Tanzania, mu gihe inke cyane ariyo ituruka muri Kenya.

Umuyobozi Mukuru w'Ihuriro ry'Abacuruza ibikomoka kuri Peteroli Eric Mutaganda yagragaje ko bashyize imbere ibikorwa byo gufasha abarokotse
Urubyiruko ni bamwe mu bari gukangurirwa kwinjira muri uyu mwuga



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/buri-kwezi-mu-rwanda-hinjira-ibikomoka-kuri-peteroli-litiro-miliyoni-hafi-50

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)