Rusizi: Umusore w'imyaka 24 yasanzwe mu mugozi yapfuye - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibyo byabereye mu Murenge wa Bugarama ku wa 03 Gicurasi 2024, mu masaha ya mu gitondo.

Uyu musore yasize urwandiko ruvuga ko yiyahuye kubera umukobwa w'imyaka 21 bakundanye.

Hari amakuru avuga ko uwo mukobwa yari afite undi musore mu mujyi wa Kigali bakundanaga akaba yari yarabeshye Ishimwe urukundo, Ishimwe ajya kumwereka ababyeyi be undi ntiyamuhishurira ko afite undi musore bakundana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Agateganyo w'Umurenge wa Bugarama Bacabaseme Jean Claude yavuze ko saa tatu n'igice za mugitondo ari bwo bamenye ko Ishimwe yimanitse mu mugozi.

Ati 'Yasize agapapuro avuga ko yiyahuye kubera umukobwa wamubenze. Uwo mukobwa ni we wamubonye bwa mbere'.

Bacabaseme yavuze ko nyuma y'aho uyu musore agaragaye mu mugozi Inzego zirimo RIB, Polisi n'Inzego z'ibanze zahageze ariko ntibirirwa bohereza umurambo kuwupimisha mu Bitaro ngo hamenyekanye icyamwishe.

Ati 'Ntabwo yigeze ajyanwa kwa muganga kuko icyamwishe cyagaragaraga. Nta bindi byari kurengaho n'aho yari acumbitse bose babona ikishe umuntu'.

Uyu muyobozi yasabye abakundana ko igihe bagize ibyo batumvikanaho nta wukwiye gufata icyemezo cyo kwiyahura kuko ari ukwibuza ubuzima.

Ati 'Ukwiye gukunda, bitakunda, dufite abakobwa benshi n'abasore benshi. Ukunze umwe bikanga warebera ahandi'.

Urwandiko bivugwa ko rwanditswe na Ishimwe Zamazani yanditsemo ko uwo mukobwa bakundana yari yaragiye no kumwereka ababyeyi.

Uyu musore akomoka mu Karere ka Rulindo akaba yari mu karere ka Rusizi ku mpamvu z'akazi.

Umusore wo mu Karere ka Rusizi yasanzwe mu mugozi yapfuye bikekwa ko yiyahuye



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-umusore-w-imyaka-24-yasanzwe-mu-mugozi-yapfuye

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)