Abakozi ba Hello Phones biyemeje gusigasira ibyagezweho ngo Jenoside itazongera ukundi (Amafoto) - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni igikorwa bakoze ku itariki ya 04 Gicurasi 2024, muri iki gihe cy'iminsi 100 u Rwanda n'Isi yose bibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Aba bakozi batemberejwe ibice bitandukanye by'uru rwibutso bibitse amateka agararagaza uburyo politiki mbi y'urwango yaranze Repubulika ya mbere n'iya kabiri, yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Bahawe umwanya ko kumva ubuhamya bw'abarokotse n'ubugaragaza ingaruka za Jenoside, ndetse n'intambwe nziza imaze guterwa n'Igihugu mu kwiyubaka no kubaka ubumwe bw'abanyarwanda.

Nyuma yo gusobanurirwa aya mateka, abakozi ba Hello Phones bashyize indabo kumva ndetse bunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi zishyinguye muri uru rwibutso.

Murerwa Grace umwe mu bayobozi bwa Hello Phones, yavuze ko iyi sosiyete yasuye uru rwibutso mu rwego rwo gushaka kurushaho gusobanukirwa amateka mabi Abanyarwanda basangiye ya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ati 'Twahisemo gusura Urwibutso rwa Jenoside nka Hello Phones kugira ngo turusheho kumenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.'.

'Icyo twize ni uko ibyabaye byose byatewe n'ubutegetsi bubi bwatumaga habaho amacakubiri n'ivangura rishingiye ku moko aho babyigishaga abantu bose n'urubyiruko, bituma bamwe bibwira ko ibyo bababwiye aribyo, kandi atari byo.'

Aba bakozi batahanye umukoro wo kurwanya imvugo zihembera amacakubiri, biyemeza guharanira amahoro ndetse no gukomeza gusigasira ibyiza u Rwanda rukomeje kugeraho.

Murerwa yakomeje agira ati 'Ubutumwa twagenera urubyiruko ni uko twakomeza kumenya ko turi Abanyarwanda twese, nta bwoko buhari, tugahashya abantu bose bagifite imyunvire y'amacakubiri tubigisha ko atari byo. Ni ahacu rero twe nk'abayobozi b'ejo hazaza kwigisha ko tugomba gukundana twese nk'abanyarwanda.'

Sosiyete ya Hello Phones imaze imyaka 12 ikorera mu Rwanda icuruza telefone z'ubwoko bwa Tecno.

Nyuma yo gusobanurirwa aya mateka, abakozi ba Hello Phones bashyize indabo kumva ndetse bunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi zishyinguye muri uru rwibutso
Iyi sosiyete yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali mu rwego rwo kurushaho gusobanukirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Batemberejwe ibice bitandukanye by'urwibutso bibitse amateka agararagaza uburyo politiki mbi y'urwango yaranze Repubulika ya mbere n'iya kabiri, yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Abayobozi n'abakozi ba sosiyete icuruza telefone za Tecno mu Rwanda , Hello Phones basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi
Abakozi ba Hello Phones batahanye umukoro wo gukomeza gusigasira ibyiza u Rwanda rumaze kugeraho ndetse no guharanira amahoro



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abakozi-ba-hello-phones-biyemeje-gusigasira-ibyagezweho-ngo-jenoside-itazongera

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)