Iyi mvura yangije uyu muhanda yaguye ku wa Gatatu tariki ya 24 Mata 2024.
Umuvugizi wa Polisi Ishami ry'Umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yabwiye IGIHE ko imodoka ziri gukoresha uruhande rumwe rutangiritse.
Yagize ati ' Nibyo imvura yarawangije igice kimwe muri Nyungwe ariko imodoka ziri gukoresha urundi ruhande rutagiritse.'
Kugeza ubu abapolisi bari aho uyu muhanda wangirikiye kugira ngo bereke abashoferi aho bagomba kunyura.
Uyu muhanda warangiritse ku buryo igice kimwe aricyo kiri gukoreshwa
Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imvura-yangije-igice-kimwe-cy-umuhanda-nyamasheke-rusizi