Abashakashatsi ku rwego mpuzamahanga bahawe umukoro wo guhangana n'abashyize imbere gupfobya Jenoside - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Yashimangiye ko gusura inzibutso no kuganira n'ababaye mu mateka ashaririye y'u Rwanda mu 1994 ku bashakashatsi bo ku rwego mpuzamahanga, bifite isomo bibasigira.

Ibi Dr Ruvebana Etienne yabigarutseho kuri uyu wa Mbere ku ya 22 Mata 2024, ubwo abagize itsinda rya Kaminuza y'u Rwanda n'abandi 40 barimo abashakashatsi n'abanyeshuri muri za kaminuza muri Suède, basuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata bakanasura umudugudu w'icyitegererezo w'ubumwe n'ubwiyunge mu Karere ka Bugesera.

Aba banya-Suède, baje mu Rwanda aho bitabiriye inama ngarukamwaka nyuguranabitekerezo ihuriweho na Leta y'u Rwanda na Suède ku bijyanye n'ubushakashatsi binyuze muri Kaminuza y'u Rwanda.

Dr Etienne Ruvebana yagize ati 'Aba bashakashatsi bari mu nzego zinyuranye kuko harimo abakora ubujyanye no gukemura amakimbirane, abakora ubujyanye n'indwara zo mu mutwe n'abandi benshi. Icyo tubasaba ni ukugira imyumvire ijyanye n'ukuri kwa nyako kw'aho ibintu byabereye.'

Yakomeje avuga ko 'Iyo bafite imyumvire iriyo, bifite icyo bifasha mu guhangana na ba bandi bakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside bakanayipfobya.'

Ubwo bageraga mu mudugudu w'icyitegererezo w'ubumwe n'ubwiyunge, bahawe ubuhamya bwa Nemeye Xavier wakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yagaragaje ko nubwo bari bafite ubuyobozi bubi bwabashoye mu bwucanyi nabo ubwabo bagize amahitamo mabi kuko 'Iyo duhitamo neza tuba twarumvise ibyo tugiye gukora ibyo ari byo.'

Bateze amatwi kandi Niyonagira Laurence, Jenoside yabaye atwite afite n'undi mwana muto ariko akabasha kurokoka. Yagarutse kandi ku rugendo rw'ubumwe abihamirisha kuba umwana we yarashakanye n'uw'uwakoze Jenoside kandi babanye neza.

Nyuma y'amateka mabi baganirijwe ubwo basuraga urwibutso bakanumva ubuhamya bw'abayabayemo, aba bashakashatsi bashimye uru rugendo rw'ubumwe n'ubwiyunge bumaze kugerwaho, nabo bizeza umusanzu.

Helene Ahlborg, umushakashatsi mu rwego rw'ingufu zirambye, yagarutse ku kuba mu bihe bya none hari kugaragara benshi bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi cyane abo mu miryango mpuzamahanga, akaba ariyo mpamvu bakwiye kubirwanya.

Yagize ati 'Mu Rwanda hari amateka adasanzwe Isi ikwiye gutega abatwi, abantu baza hano bakabyibonera nibo bakwiye kuba abatangabuhamya babyo ku rwego mpuzamahanga buri wese yabikora mu buryo bunyuranye.'

Aba banya-Suède, bazamara iminsi itatu mu Rwanda, aho biteganyijwe ko bazaganira ku ngingo zinyuranye zirimo kureba ibyakozwe mu mwaka washize binyuze mu bufatanye bwa Kaminuza y'u Rwanda na Suède, hanareberwe hamwe ibikwiye gukora muri 2024/2025.

Abari bahagarariye Ambasade ya Suède mu Rwanda bunamiye imibiri ishyinguye mu Rwibutso rwa Nyamata
Amateka baganirijwe harimo ayo mu 1992 ubwo Abatutsi bakorerwagaho igerageza rya Jenoside muri Bugesera
Itorero ryo muri uyu mudugudu ryifatanyije n'abashyitsi bacinya akadiho
Dr Nyagatare Guillaume wo muri Kaminuza y'u Rwanda ashyira indabo ku mva ishyinguyemo imibiri y'abazize Jenoside mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata
Kuri uru Rwibutso niho hari imva ya Antonia Locatelli yishwe mu ijoro ryo ku wa 9 rishyira ku wa 10 Werurwe 1992 arashwe n'umujandarume witwa Epimaque Ulimubenshi, kubera ibyo yari amaze gutangaza kuri radiyo
Kaminuza y'u Rwanda ku bufatanye na Ambasade ya Suède, bageneye impano abatuye muri uyu mudugudu
Nemeye Xavier yagaragaje ko bohejwe n'ubuyobozi bubi ariko nabo ntibarebe kure ngo bakore igikwiye
Niyonagira Laurence (iburyo) yavuze ko ubu yababariye abamuhemukiye kandi akaba abanye na bose mu mahoro
Umunyamabanga muri Abasade ya Suede mu Rwanda, Barni Nor, yavuze ko kuba abiciwe n'abishe babana muri uyu mudugudu ari isomo rikomeye umuntu atakigera asoza kwiga
Umuyobozi ushinzwe imikoranire ya kaminuza zo muri Suède n'iy'u Rwanda, Dr Etienne Ruvebana, yagaragaje ko abashakashatsi bakwiye kujya bigerara ahabereye ikintu runaka kugira ngo bamenye amakuru mpamo y'ibyo bashaka
Umuyobozi wa Prison Fellowship Rwanda, Celestin Ngarukiyinka, yavuze ko urwego gahunda y'ubwiyunge n'ubudaherenwa bigezeho mu gihugu rushimishije
Aba banya-Suède basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata, baganirizwa amateka yaranze Bugesera mu bihe bya Jenoside na mbere yaho
Abo muri uyu mudugudu bihangiye imirimo itandukanye yo kwiteza imbere. Imwe muri yo ni ukuboha
Abo mu mudugudu w'ubumwe n'ubwiyunge muri Bugesera bafatanye ifoto y'urwibutso n'abashyitsi bari babagendereye
Abo muri uyu mudugudu bihangiye imirimo itandukanye yo kwiteza imbere. Imwe muri yo ni ukuboha

Amafoto: Shumbusho Djasiri




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abashakashatsi-ku-rwego-mpuzamahanga-bahawe-umukoro-wo-guhangana-n-abashyize

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)